Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yiyahuye Amaze Gusezerana N’Umugore We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Yiyahuye Amaze Gusezerana N’Umugore We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2022 9:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Mwanza muri Tanzania hari inkuru y’umugabo basanze yiyahuye avuye gusezerana n’umugore we. Yiyahuye mu gihe abantu bari baje mu bukwe bwe bateguraga kujya aho abatumirwa bari bwiyakirire, icyo bita weeding reception.

Polisi ya Tanzania ivuga ko biriya bintu byabaye taliki 17, Ukuboza, 2022 ariko birinda guhita babitangaza.

Itangazo yageneye itangazamakuru rivuga ko uwapfuye yitwa Swakidu Abbas akaba yari afite imyaka 50 y’amavuko.

Yari amaze gusezerana na Elieth Rwegashora w’imyaka 40 y’amavuko.

Bari basanzwe baturanye mu gace ka Zenze, muri Kiseke, Ilemera muri Mwanza ya Tanzania.

Abapolisi bo mu gace byabereyemo bavuga ko uriya mugabo yiyahuye asohotse mu musigiti gusezerana n’umugore we.

Ubwo abari babutashye bari bakomezanyije n’umugeni kugira ngo bagere ahari bubere reception, umugabo yarabacerembye abandi bagira ngo hari ikindi agiye gutunganya mbere y’uko aza mu birori byo kwakira abatumirwa, n’aho agiye kwiyahura.

Umuyobozi wa Polisi muri kariya gace witwa Wilbroad Mutafungwa avuga ko igikuba cyacitse mu bantu bituma n’ibirori byose bihagarara.

Mbere y’uko yiyahura, Abbas yasize yanditse ibaruwa yabonywe na Polisi ariko yirinda gutangaza ibiyikubiyemo.

Umurambo wajyanywe mu bitaro bya  Sekou Touré ngo hasuzumwe impamvu nyayo y’uru rupfu.

TAGGED:featuredKwiyahuraPolisiTanzaniaUmugaboUmugeniUmugoreUmukwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera: Bafatanywe Amashashi Ya Magendu Abarirwa Mu Bihumbi…
Next Article Kicukiro: Aravugwaho Gutema Umugore We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?