Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yongwe Yavuze Ko Gusaba Ituro Nta Cyaha Kibirimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Yongwe Yavuze Ko Gusaba Ituro Nta Cyaha Kibirimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2023 11:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kwisobanura kwe mu rukiko rw’ibanze rwa Gasabo, Apôtre Yongwe yavuze ko kuba yarasabaga ituro abazaga mu rusengero, nta cyaha yakoze kuko ngo Yesu yarisabaga.

Yunzemo ko habaye hari abumva ko yabasubiza amafaranga batanze nk’ituro, yiteguye kubakubira inshuro zirindwi(7).

Umucamanza yamubajije niba abo yizezaga gukira ntibakire yarabasubizaga amafaranga yabo, undi asubiza ko nta mafaranga bigeze bamusaba ko abasubiza.

Yongwe avuga ko ubusanzwe, abashumba bose batungwa n’ituro.

Yabwiye urukiko ko ari ( Yongwe) umuntu wasizwe, wahawe ububasha bwo gukora ibyo akora.

Mu buryo busa n’ubushyigikira ibyo yavugaga, Yongwe avuga ko gusigwa kwe kwatumye agira igikundiro mu bantu, ashinga Televiziyo, abantu baramukunda ndetse ngo ngo niyo mpamvu hari amafaranga menshi bigeze kumuha bayacishije kuri telefoni ye biba ikibazo.

Ibyo kandi ngo bituma hari abamugirira ishyari.

Mu kwisobanura, Yongwe yavuze ko hari abo Imana yamweretse, biyemeje gutanga ituro, bamaze gusubizwa barinangira ntibagira icyo bamuha.

Uwitwa Bugingo yaje kwaka aye…

Mu cyumba cy’iburanisha hari umugabo witwa Bugingo waje gusaba Yongwe ko yamusubiza amafaranga ye kuko yatanze ituro ariko ibyifuzo bye ntibyasubizwa.

Yongwe yabwiye urukiko ko uwo Bugingo yaje kuri Yongwe TV ashaka ubufasha bwo kwamamaza ibihangano bye.

Yashakaga ko bamukorera amashusho y’indirimbo akanahabwa ikiganiro kuri YouTube Channel ya Yongwe.

Icyakora ngo indirimbo ya mbere yarakozwe irarangira, ariko ngo kuko aririmba nabi, kuzamuka kwe biracyagoranye.

Apôtre Yongwe ati: “ Imiririmbire ye iragoye kuko kuri televiziyo twarayikinaga abakurikiye televiziyo bakadutuka…”

Ku rundi ruhande, uyu muvugabutumwa avuga ko ubwo yafatwaga( hari taliki 01,Ukwakira, 2023) yari buhe Bugingo Frw 750,000.

Uwitwa Nyirabahire we ngo Yongwe ntamuzi.

Mu bandi bamurega, harimo uwitwa Jean Pierre uri mu Bufaransa, akaba amurega Miliyoni Frw 7.

Ubushinjacyaha bwasabiye Yongwe gukurikiranwa afunzwe, undi atakamba avuga ko yakurikiranwa adafunzwe kubera ko atigeze agorana mu ibazwa rye, akavuga ko ari umubyeyi w’abana barindwi(7), kandi akaba afite ikigo cy’itangazamakuru gitanga akazi.

Ahera kuri ibi avuga ko atacika ubutabera bityo ko akwiriye kuburana adafunzwe.

Ibi kandi abihuza na Me Francis umuburanira, we akanavuga ko bitangaje kuba umukiliya we yarafunzwe ntawamureze, ahubwo abarega bakaba baraje nyuma.

Uyu munyamategeko avuga ko Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryemera ko Umunyarwanda afite ubwisanzure mu misengere ye, hashingiwe ku byo yizera bityo ngo gufunga Yongwe ni uguca ukubiri n’ibiteganyijwe mu Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda.

Iburanisha rirakomeje…

Ifoto@Inyarwanda.com

TAGGED:featuredImanaIturoTVUbutaberaYongwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Pasiteri Yongwe Mu Rukiko
Next Article Meya Wa Karongi YEGUJWE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?