Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Zimbabwe Yashimiye Kagame Ku Buvugizi Bwo Kuyivaniraho Ibihano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Zimbabwe Yashimiye Kagame Ku Buvugizi Bwo Kuyivaniraho Ibihano

admin
Last updated: 13 May 2021 6:50 am
admin
Share
SHARE

Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Prof. Charity Manyeruke, yagejeje ishimwe rya Zimbabwe ku munyamabanga mukuru wa RPF Inkotanyi, François Ngarambe, kubera uburyo Perezida Kagame yakomeje gukora ubuvugizi ngo icyo gihugu kivanirweho ibihano.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bayobozi ba Afurika bakomeje gusaba ko ibihugu bya Zimbabwe na Sudan byakurirwaho ibihano mpuzamahanga byafatiwe, kugira ngo bibashe gushyira imbaraga mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

Kuri uyu wa Gatatu ambasaderi Manyeruke yasuye Umunyamabanga Mukuru wa RPF, François Ngarambe, ku cyicaro gikuru cy’uyu muryango i Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Ibiganiro byibanze ku mubano w’ibihugu byombi n’ubutwererane bw’iyi mitwe ya politiki iyoboye ibi bihugu, RPF Inkotanyi na ZANU-PF.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amb. Manyeruke yagize ati “Nasabwe mu izina ry’abayobozi b’ishyaka ryanjye gushimira Perezida Kagame, Umuyobozi Mukuru wa RPF, kubera uburyo akomeje gukora ubuvugizi kugira ngo ibihano mpuzamahanga Zimbabwe yafatiwe bikurweho.”

Yavuze ko ibyo bigaragaza ubufatanye Afurika ifite, bigizwemo uruhare n’umuyobozi mukuru wa RPF.

Ambasaderi Manyeruke yanagaragaje ko mu izina ry’abaturage ba Zimbabwe, bifatanyije n’abanyarwanda muri ibi bihe bikomeye byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, anashima urugendo iki gihugu kimaze gukora mu myaka 27 ishize.

Yavuze ko kuba imitwe ya politiki yombi ikomeje gukorera hamwe, ari ikintu gikomeye.

Yavuze ko hari intambwe ikomeye yatewe mu mibanire hagati y’ibihugu byombi, aho bimaze gusinyana amasezerano atandatu ahuriweho mu nzezo zitandukanye z’ubutwererane, ndetse hari n’andi ari imbere.

- Advertisement -

Ati “Ndabizeza gukora uko nshoboye mu gihe nzaba mpari kugira ngo uyu mubano ukomeze gutera imbere.”

Ngarambe we yavuze ko bishimishije kwakira Ambasaderi Manyeruke kugira ngo baganire ku mubano w’ibihugu byombi n’ubufatanye hagati y’iyi mitwe ya politiki.

Yavuze ko RPF na ZANU-PF hari byinshi bihuriyeho, byaba mu bijyanye no kubohora igihugu cyangwa guteza imbere Afurika.

Yakomeje ati “Binyuze mu bufatanye bw’iyi mitwe ya politiki hari byinshi dushobora gukora mu guteza imbere umubano w’ibihugu byacu byombi, kandi mu nyungu z’abaturage bacu. Twifuza kubona iterambere ry’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi n’izindi nzego z’ubutwererane.”

Ngarambe yavuze ko mu izina rya RPF Inkotanyi, biyemeje kumufasha kuzuza inshingano ze nka ambasaderi.

Yijeje ko RPF izakomeza gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yasinywe hagati y’ibi bihugu byombi.

 

TAGGED:featuredFrançois NgarambeRPFZANU-PF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo Yitabaje RIB Nyuma Yo Gufata Umugore We Amuca Inyuma
Next Article Umuhanzi Mr Eazi Ari Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?