Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 2016, 2020: Imyaka U Rwanda Rwagabweho Ibitero Bidasanzwe By’Ikoranabuhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

2016, 2020: Imyaka U Rwanda Rwagabweho Ibitero Bidasanzwe By’Ikoranabuhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2021 4:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Young male thief stealing data from computer
SHARE

Muri Gashyantare, 2020, hari tariki 18, hari ibitero by’ikoranabuhanga byagabwe ku byuma bibika amakuru ya Guverinoma y’u Rwanda n’abikorera. Ni ibyuma bibitse amakuru ahitwa  Data Center. Icyo gihe byakomye mu nkokora umugambi u Rwanda rumaranye igihe wo kuba igicumbi cy’ikoranabuhanga mu gace ruherereyemo.

Nyuma y’ibyo, u Rwanda rwakoze uko rushoboye kugira ngo rurinde ko hazagira ikindi gikorwa icyo aricyo cyose cyakorerwa ku mutungo warwo w’agaciro kanini ubitse mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Abahanga bavuga ko kiriya gitero cyaciye igikuba gikomeye mu bayobozi no mu bandi bakora mu nzego z’iperereza n’ikoranabuhanga.

Icyo gihe kandi website ya Perezida Kagame( www.paulkagame.com) yari yavuyeho, ndetse n’urubuga rwa Minisiteri y’ingabo n’izindi mbuga za Guverinoma nazo zari zavuyeho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni igikorwa cyahagarukije abahanga mu ikoranabuhanga bakomeye mu Rwanda, bakora itsinda rikomeye ryo kubanza kureba icyateye kiriya gitero no gushyiraho uburyo buhamye bukumira ko cyazongera kuba.

Ntibwari ubwa mbere u Rwanda rugabweho igitero nk’iki kuko no mu mwaka wa 2016 hari ikindi gitero cyarugabweho kigabwe n’abahanga mu ikoranabuhanga bagize ikitwa  World Hacker Team.

Bashoboye kwinjira mu buryo ikigo kitwa Broadband Systems Corporation, giha Leta y’u Rwanda uburyo bwifashisha murandasi kugira ngo abakozi bayo bakorane inama bategeranye.

Ni uburyo bita Video Conferencing.

Ububiko bwacyo bw’ubutumwa bwoherezwa mu ikoranabuhanga bitwa e-mails bwaciwe intege, ntibwakora, ahabitswe amazina y’abakozi, emails zabo na nomero zabo za telefoni…byose birahungabana.

- Advertisement -

Ikindi bariya bahanga bahemukiyeho u Rwanda muri kiriya gitero ni uko bashyize ku karubanda amakuru y’abakiliya bacyo  arimo emails zabo, amazina yabo ndetse nicyo abahanga mu ikoranabuhanga bica C-panel.

C-panel ni nk’icyumba umuntu ushinzwe gucunga umutekano w’urubuga runaka(website) aba afitiye urufunguzo wenyine, ari we ushobora kugira ibyo ahinduramo.

Abo bahanga rero bakoresha ubuhanga bwabo bagacurisha urufunguzo uriya muhanga akoresha yinjira muri cya cyumba( password) hanyuma bakinjiramo atabizi, bamara kugeramo bakamufungirana bakamubuza kwinjiramo.

Ni nk’aho bamubwira bati: “ …Ntabwo ukiri nyiri iki cyumba, kugira ngo tukureke ukinjiremo ni uko wishyura…”

Ng’uko uko aba hackers babuza umuntu cyangwa ibigo kugera ku makuru yabyo.

Tugarutse ku mutekano mu by’ikoranabuhanga, twababwira ko hari n’ibindi bitero byagiye bigabwa kuri za Banki zo mu Rwanda mu bihe bitandukanye.

Ubu bujura buri kwiyongera muri iki gihe aho u Rwanda ruri kuzamuka mu ikoranabuhanga haba mu by’imari no mu bindi bice by’ubuzima bw’igihugu.

Guhera mu mwaka wa 2003, hatangijwe ukwezi ko gukangurira abantu kumenya amayeri y’abajura mu ikoranabuhanga bakirinda kubaha icyuho.

Ni ubukangurambaga bwiswe Cyber Security Awareness Month (NCSAM), uko kwezi kukaba ari Ukwakira.

TAGGED:BankifeaturedIkoranabuhangaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwuka Mubi Wafashe Indi Ntera Hagati Ya Kenya Na Somalia
Next Article Ingabo z’u Rwanda, Mozambique Na SADC Zakoranye Inama Ku Rugamba Muri Cabo Delgado
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?