Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 2016, 2020: Imyaka U Rwanda Rwagabweho Ibitero Bidasanzwe By’Ikoranabuhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

2016, 2020: Imyaka U Rwanda Rwagabweho Ibitero Bidasanzwe By’Ikoranabuhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2021 4:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Young male thief stealing data from computer
SHARE

Muri Gashyantare, 2020, hari tariki 18, hari ibitero by’ikoranabuhanga byagabwe ku byuma bibika amakuru ya Guverinoma y’u Rwanda n’abikorera. Ni ibyuma bibitse amakuru ahitwa  Data Center. Icyo gihe byakomye mu nkokora umugambi u Rwanda rumaranye igihe wo kuba igicumbi cy’ikoranabuhanga mu gace ruherereyemo.

Nyuma y’ibyo, u Rwanda rwakoze uko rushoboye kugira ngo rurinde ko hazagira ikindi gikorwa icyo aricyo cyose cyakorerwa ku mutungo warwo w’agaciro kanini ubitse mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Abahanga bavuga ko kiriya gitero cyaciye igikuba gikomeye mu bayobozi no mu bandi bakora mu nzego z’iperereza n’ikoranabuhanga.

Icyo gihe kandi website ya Perezida Kagame( www.paulkagame.com) yari yavuyeho, ndetse n’urubuga rwa Minisiteri y’ingabo n’izindi mbuga za Guverinoma nazo zari zavuyeho.

Ni igikorwa cyahagarukije abahanga mu ikoranabuhanga bakomeye mu Rwanda, bakora itsinda rikomeye ryo kubanza kureba icyateye kiriya gitero no gushyiraho uburyo buhamye bukumira ko cyazongera kuba.

Ntibwari ubwa mbere u Rwanda rugabweho igitero nk’iki kuko no mu mwaka wa 2016 hari ikindi gitero cyarugabweho kigabwe n’abahanga mu ikoranabuhanga bagize ikitwa  World Hacker Team.

Bashoboye kwinjira mu buryo ikigo kitwa Broadband Systems Corporation, giha Leta y’u Rwanda uburyo bwifashisha murandasi kugira ngo abakozi bayo bakorane inama bategeranye.

Ni uburyo bita Video Conferencing.

Ububiko bwacyo bw’ubutumwa bwoherezwa mu ikoranabuhanga bitwa e-mails bwaciwe intege, ntibwakora, ahabitswe amazina y’abakozi, emails zabo na nomero zabo za telefoni…byose birahungabana.

Ikindi bariya bahanga bahemukiyeho u Rwanda muri kiriya gitero ni uko bashyize ku karubanda amakuru y’abakiliya bacyo  arimo emails zabo, amazina yabo ndetse nicyo abahanga mu ikoranabuhanga bica C-panel.

C-panel ni nk’icyumba umuntu ushinzwe gucunga umutekano w’urubuga runaka(website) aba afitiye urufunguzo wenyine, ari we ushobora kugira ibyo ahinduramo.

Abo bahanga rero bakoresha ubuhanga bwabo bagacurisha urufunguzo uriya muhanga akoresha yinjira muri cya cyumba( password) hanyuma bakinjiramo atabizi, bamara kugeramo bakamufungirana bakamubuza kwinjiramo.

Ni nk’aho bamubwira bati: “ …Ntabwo ukiri nyiri iki cyumba, kugira ngo tukureke ukinjiremo ni uko wishyura…”

Ng’uko uko aba hackers babuza umuntu cyangwa ibigo kugera ku makuru yabyo.

Tugarutse ku mutekano mu by’ikoranabuhanga, twababwira ko hari n’ibindi bitero byagiye bigabwa kuri za Banki zo mu Rwanda mu bihe bitandukanye.

Ubu bujura buri kwiyongera muri iki gihe aho u Rwanda ruri kuzamuka mu ikoranabuhanga haba mu by’imari no mu bindi bice by’ubuzima bw’igihugu.

Guhera mu mwaka wa 2003, hatangijwe ukwezi ko gukangurira abantu kumenya amayeri y’abajura mu ikoranabuhanga bakirinda kubaha icyuho.

Ni ubukangurambaga bwiswe Cyber Security Awareness Month (NCSAM), uko kwezi kukaba ari Ukwakira.

TAGGED:BankifeaturedIkoranabuhangaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwuka Mubi Wafashe Indi Ntera Hagati Ya Kenya Na Somalia
Next Article Ingabo z’u Rwanda, Mozambique Na SADC Zakoranye Inama Ku Rugamba Muri Cabo Delgado
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?