Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 50% By’Umusaruro Mbumbe W’Isi Bifitanye Isano N’Urusobe Rw’Ibinyabuzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

50% By’Umusaruro Mbumbe W’Isi Bifitanye Isano N’Urusobe Rw’Ibinyabuzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2022 8:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Umuryango mpuzamahanga urengera ibidukikije IUCN, Bruno Oberle yabwiye abitabiriye Inama ya nyuma mu zimaze iminsi zikorwa mu rwego rwo kwigira hamwe uko urusobe rw’ibinyabuzima rwabungwabungwa, ko 50% by’umusaruro mbumbe w’isi uturuka ku bikorwa bifite aho bihuguye n’ibinyabuzima.

Yunzemo ko ikindi kibabaje ari uko  igice kinini cy’uru urusobe rw’ibinyabuzima ndetse  n’’ibyanya bikomye bibarizwa muri Afurika ariko hakaba ari ho hashyira amafaranga make mu kurengera ibinyabuzima.

Avuga kandi ko hari ibihugu bikesha igice kinini cy’umusaruro mbumbe  wabyo amafaranga aturuka mu byanya bikomye.

Icyo gice kigera kuri 60%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bruno Oberle ati: “ Ubwo rero namwe murumva ko hari impamvu nyinshi zagombye gutuma ibihugu bishyira amafaranga menshi mu kurengera ibidukikije kubera ko bifitiye inyungu abaturage babyo.”

Dr Jeanne D’Arc Mujawamariya usanzwe ari Minisitiri w’ibidukikije mu Rwanda avuga ko kuba u Rwanda rwarakiriye iyi nama ari ikintu cyerekana ko hari ibyo rwakoze isi yishimiye.

Mujawamariya avuga ko iriya nama ari ‘igitego’ ku Rwanda kubera ko ngo byerekana ko ibyo rwakoze hari ahandi byakorwa, bakarwigiraho.

Ati: “Ariko natwe byadufashije kwigira kubyo abandi bakoze kuko sitwe twenyine dukora neza, hari n’abandi bakora neza.”

At the closing of the inaugural @APA_Congress, #Rwanda's Minister of Environment @MujaJeanne thanked delegates, and encouraged governments and partners to reexamine the funding of conservation and to support the Africa Protected Areas Trust Fund.#APAC2022 pic.twitter.com/aSJ46wqXid

— Ministry of Environment – Rwanda (@EnvironmentRw) July 23, 2022

- Advertisement -

Avuga ko abaturage b’Afurika baboneye muri iriya nama uburyo bwo guhuza imbaraga kugira ngo bashobore kunganirana kuko ‘ibibazo by’urusobe rw’ibinyabuzima byo muri Afurika biri muri Afurika.’

Yanzuye avuga ko n’ibisubizo byo kubungabunga biriya binyabuzima nabyo biri muri Afurika.

Inama Nyafurika yo kurengera ibinyabuzima biri mu byanya bikomye yatangijwe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente mu ntangiriro z’Icyumweru kirangira ku italiki 24, Nyakanga, 2022.

Uburenganzira Bw’Ibidukikije

Abantu bibwira ko ari bo bayobozi b’ibindi biremwa  kandi ko bagomba kubikoresha uko bashaka mu nyungu zabo bwite.  Ibi ariko siko bimeze kuko hari amabwiriza yatanzwe n’Umuryango w’Abibumbye asobanura neza ko n’ibidukikije bifite uburenganzira bugomba kubahirizwa.

Muri iki gihe aho abantu bugarijwe n’ibyorezo akenshi bituruka ku nyamaswa, hari abumva ko inyamaswa zitagombye guhabwa agaciro cyane.

Aba biganjemo abafite ibikorwa by’ubucuruzi kuko bo bumva ko icyakorwa cyose bakinjiza amafaranga ntacyo cyaba gitwaye.

Iyi myumvire ituma birara mu mashyamba bagatema, bagakora uburobyi budashyize mu gaciro kandi bakangiza imiterere kamere y’ubutaka binyuze mu buhinzi bukoresha inyongera musaruro zica ibindi binyabuzima.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku bidukikije rivuga ko abantu bose bafite uburenganzira bwo kuba ahantu hafite umwuka mwiza, amazi meza kandi hadashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Kuba hadashyira ubuzima bwabo mu kaga bikubiyemo no kuba nta binyabutabire bahumeka cyangwa barya biturutse ahantu hatandukanye.

Ibi ariko siko bigenda ahenshi ku isi.

Mu bihugu bikize ndetse no bikennye bimwe na bimwe hari ahantu henshi abantu babayeho mu buryo butuma bahumeka imyuka yanduye cyangwa banywa amazi yanduye.

Ibi bituma umubare w’abapfa bazize ingaruka zituruka k’uguhumeka umwuka mubi ukomeza kuba munini.

Izo ngaruka zirimo no kurwara za cancer.

Igiteye impungenge kurushaho, ni uko amahanga adaha agaciro umuburo ahabwa w’uko ibyuka byanduye bihumanya kandi bikica abaturage benshi.

Iyo urebye ukuntu Isi yahagurukiye kurwanya COVID-19 ariko ikaba igiseta ibirenge mu kubungabunga ibidukikije bituma bari bamwe bavuga ko abayituye bari gutema ishami ry’igiti bicariye.

Bwana Arnold Kreilhuber ukora mu ishami rya UN ryishinzwe kwita ku bidukikije ryitwa  The United Nations Environment Programme (UNEP) yigeze kugira ati: “Iyo uburenganzira bw’ibidukikije bwubahirijwe, bituma abatuye Isi badashobora guhangana n’ibibazo by’ingutu bibugarije birimo imihindagurikire y’ikirere, kwangirika k’urusobe rw’ibinyabuzima, no kwangirika bw’ibindi bituye isi.”

Avuga ko abantu bagiye birinda gukora ibikorwa bibateza imbere ariko bikangiza ubuturo bw’ibidukikije aribwo bazagera ku iterambere rirambye.

Undi muhanga witwa Ben Schachter avuga ko abayobozi b’isi bagombye kwibuka ko abaturage babo bafite uburenganzira bwo kumenya icyo amategeko avuga ku kubungabunga ibidukikije bityo ntibabyangize nkana.

Amakuru n’ubumenyi ni ingenzi muri iki gihe kandi bigomba kugera ku baturage bose, bitabahenze.

Muri 2011 nibwo Inama y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe uburenganzira bwa muntu yateranye bwa mbere yemeza ingingo zirimo no kurengera ibidukikije.

Muri Werurwe, 2021 nibwo hemejwe inshingano Leta zifite mu rwego rwo kurengera ibidukikije bikaba byaranzuwe mu mwanzuro wiswe Resolution 46/L.6/Rev.1.

TAGGED:featuredIbidukikijeIbinyabuzimaInamaMujawamariyaNgirenteRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Gutangiza Ikiciro Cya Gatatu Mu Mupira W’Amaguru
Next Article Umugaba W’Ingabo Za Benin Mu Rwanda Mu Ruzinduko Rw’Imikoranire Na RDF
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?