Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 7 mu bapimwe mbere ya Misa yo kwakira Cardinal Kambanda basanze banduye COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

7 mu bapimwe mbere ya Misa yo kwakira Cardinal Kambanda basanze banduye COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 December 2020 2:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije yabwiye  abanyamakuru ko barindwi mu bantu bapimwe mbere ya  Misa yo kwikira Cardinal Kambanda basanzwe baranduye COVID-19. Umuhango wo kwakira Cardinal Antoine Kambanda wabaye taliki 06, Ukuboza, 2020. Uyu muhango witabiriwe kandi na Perezida Paul Kagame n’abandi banyacyubahiro.

Yasubizaga ikibazo cyo kumenya uko basanze ubwandu bumeze mu mashuri, asubiza ko abasuzumwe bari mu ngeri nyinshi haba abanyeshuri, abagenzi batambuka n’abandi.

Dr Ngamije yaje gukomoza ku bwandu babonye ubwo bapimaga abantu mbere y’uko bitabira umuhango wo kwakira Cardinal Antoine Kambanda.

Ati: “Ubwo twapimaga abantu mbere y’uko bitabira bumuhango wo kwakira Cardinal wacu, twasanze harimo  abantu barindwi gusa banduye.”

Misa yo kwakira Cardinal Kambanda yabaye mu gitondo cyo ku wa 06, Ukuboza, 2020 muri Kigali Arena.

Taliki 28, Ugushyingo, 2020 nibwo Mgr  Kambanda Antoine yagizwe Cardinal wa mbere u Rwanda rufite.

Ikiganiro cyahuje Minisitiri Ngamije kandi cyari kitabiriwe n’abandi ba Minisitiri barimo uw’ubutegetsi bw’igihugu Prof Anastase Shyaka, uw’ubucuruzi, Madamu Soraya Hakuziyaremye, uwa Siporo Madamu Aurore Munyangaju Mimosa n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera.

Intego yari ugusobanurira Abanyarwanda ibyerekeye ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri iherutse guterana igafata imyanzuro irimo no gusaba abaturage ko baba bageze mu ngo zabo saa tatu z’ijoro(9h00 pm) ariko ab’i Musanze bo bakaba bagezeyo saa moya z’ijoro(7h00pm).

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof Shyaka avuga ko icyatumye Leta ifata ziriya ngamba ari ukurengera Abanyarwanda, ko itagamije kugira uwo ibuza kwisanzura.

Shyaka avuga ko ibyiza ari uko Abanyarwanda bakwigomwa ibyishimo nk’uko bari basanzwe babigira mu mpera z’umwaka ariko bakizera ko bazaba bafite ubuzima bwiza mu mwaka utaha.

Umuvugizi wa Polisi CP Kabera John Bosco yavuze ko Polisi izakomeza akazi ko kureba ko amabwiriza ya Guverinoma akurikizwa kandi akemeza ko abantu badakwiye gufata Polisi nk’umwanzi wayo ahubwo bagafata COVID-19 nk’umwanzi wabo kuko yica cyangwa ikazahaza.

Dr Ngamije Daniel
TAGGED:CardinalCOVID-19featuredKagameKambandaUmuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Umukiliya utishimye’ yandikiye MTN ibaruwa mu nyuguti zitukura ayinenga
Next Article URI BYOSE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?