Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 90% Za Serivisi Mu Rwanda Zitangirwa Online- PM. Edouard Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

90% Za Serivisi Mu Rwanda Zitangirwa Online- PM. Edouard Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 November 2023 9:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Edouard Ngirente uyobora Guverinoma y’u Rwanda  avuga ko inzego  z’u Rwanda zubatse uburyo bwo guha abaturage serivisi ku buryo ubu izigera kuri 10% ari zo zitarashyirwa mu ikoranabuhanga. Yemeza ko ari uburyo bwo gukumira ruswa mu Banyarwanda.

Hari mu ijambo yabwiye abitabiriye inama mpuzamahanga  ya Commonwealth y’inzego z’ibanze iri kubera mu Rwanda.

Ni inama izamara iminsi itatu, guhera taliki 14, kugeza taliki 17, Ugushyingo, 2023.

Mu ijambo rye, yavuze ko nyuma y’imyaka 29 u Rwanda ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rwubatse ubuyobozi buhamye, bituma igihugu gitekana, gitera imbere.

Avuga ko umwe mu mivuno yatumye bishoboka, ari ugutanga serivisi zinoze zigenewe abaturage, guteza imbere imyumvire y’uko buri wese afite uruhare mu bimukorerwa, gukorera mu mucyo no kubaza buri wese uko asohoza inshingano ashinzwe.

Minisitiri w’Intebe avuga ko Abanyarwanda bamenyereye gukorera ku mihigo, igahera ku rwego rw’urugo, igakomeza ikageza ku rwego rwo hejuru mu nzego z’ubuyobozi.

Gusinya imihigo byatangiye mu mwaka wa 2006.

Iyo mihigo kandi isinywa na za Ambasade z’u Rwanda aho ziri hose mu Rwanda.

Mu ijambo rye Minisitiri w’Intebe  Dr. Edouard Ngirente yabwiye abo bayobozi ko iyo umuntu atujuje ibiri muri iyo migambi yahize abibazwa.

Ibyo kandi ngo bigendana no kugabanyiriza abantu ibyago byo kwaka cyangwa kwakwa ruswa, binyuze mu kubashyiriraho ikoranabuhanga riborohereza kubona serivisi.

Umukuru wa Guverinoma y’u Rwanda avuga ko hari gahunda y’uko serivisi zose zizaza zashyizwe kuri murandasi ku rwego rwa 100% bitarenze 2024.

Ashima ko imikorere yo guharanira ko ibihugu bya Commonwealth iteza imbere imiyoborere imibereho y’abaturage igararagara hose mu bihugu bigize uyu muryango.

TAGGED:featuredGuverinomaNgirenteRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Menya Uko Amahanga Akomeye Ari Gusaranganya Afurika
Next Article Gaza: Ingabo Za Israel Zinjiye Mu Bitaro Guhiga Hamas
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?