Ese u Burundi Buri Gutegura Mu Ibanga Igitero K’u Rwanda?

Umwanditsi wa Taarifa
4 Min Read
Ambasade y'u Burundi mu Bubiligi.

Hari amakuru ataremezwa neza avuga ko muri Ambasade y’u Burundi mu Bubiligi, mu Murwa mukuru Brussels ahitwa Avenue Marie-Louise 46, 1000 hari kubera ihuriro ry’abantu bahuje ibitekerezo bafite umugambi mugari wo kugaba igitero k’u Rwanda.

Muri ako gace niho Ambasade y’u Burundi mu Bubiligi iherereye, kandi bamwe mu bakozi bayo bari gukangurira abantu barwanya Kigali bakwirakwijwe mu Burayi kwihuriza mu itsinda rikomeye rigamije kuzagirira nabi u Rwanda.

Thérance Ntahiraja, uhagarariye u Burundi i Bruxelles, bivugwa ko yahawe inshingano n’abamukuriye i Gitega zo guhuza abantu bose barwanya Kigali bari mu Bubiligi no mu bindi bihugu by’i Burayi.

Abo bantu barwanya Kigali ngo bakunze kujya muri Ambasade bagakorana inama mu bwihisho bari kumwe na Ambasaderi Ntahiraja.

Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi Therance Ntahiraja. Ifoto: Ambasade y’u Burundi mu Bubiligi.

Amakuru avuga ko bamwe mu bakozi ba Ambasade bavuga ko batazi neza ibikubiye muri izo nama, ariko bakeka ko hari ikintu gikomeye kiri gutegurwa—igikorwa gishobora kuba giteje akaga kigamije kugaba igitero k’u Rwanda.

Hagati aho, mu Burundi imbere mu gihugu, ibikorwa bisa n’ibyo kurwanya Kigali nabyo bivugwa ko biri kubera mu gice cyo hagati mu gihugu, ahantu bivugwa ko hari gutegurwa ngo hazashyirwe ikigo cyahurizwamo abarwanyi bo kuzashyira uwo mugambi mu bikorwa.

U Burundi kandi mu myaka yatambutse bwohereje ingabo zabwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bufatanyije na FARDC, umutwe wa FDLR na Wazalendo mu kurwanya inyeshyamba za AFC/M23 zigenzura igice kinini cya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Iri huriro rivugwaho kuyoborwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside igamije kwica Abatutsi b’Abanye Congo.

Umutwe wa FDLR washyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ukaba ugizwe ahanini n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Gutera u Rwanda byigeze kuvugwa na Ndayishimiye

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, muri Werurwe, 2025 , yavuze ko ingabo ze zishobora gufata Kigali bitazigoye.

Yaburiye u Rwanda ko nirugerageza gutera u Burundi rukoresheje inyeshyamba, nawe azarutera kuko  “Kigali si kure unyuze i Kirundo.”

Yongeyeho ati: “Niba u Rwanda ruteganya gutera Bujumbura ruciye muri Congo, natwe Kigali si kure nitunyura i Kirundo,” agaragaza ko bashobora kugaba igitero ku murwa mukuru w’u Rwanda.

Ariko, bamwe basobanura ayo magambo ya Ndayishimiye yayatewe n’ubwoba nyuma y’uko inyeshyamba za AFC/M23 zigaragaje imbaraga imbere y’ingabo z’u Burundi nyuma yo kuzitsindira bikomeye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Muri Mutarama 2025, ingabo z’u Burundi zifatanyije na FARDC, Wazalendo n’abacanshuro zananiwe kurinda umujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, zihatirwa guhungira i Bujumbura.

Inyeshyamba zafashe Uvira ariko nyuma y’iminsi mike zivamo ku bushake, mu rwego rwo kubahiriza amasezerano ya Washington.

Ifatwa rya Uvira ryateje ubwoba bukomeye mu Burundi, Perezida Ndayishimiye ahita ategeka kohereza ingabo hafi y’umupaka w’u Rwanda atinya ko ashobora guterwa.

Yizeraga ko nyuma yo gufatwa kwa Uvira, umutwe wa RED Tabara ashinja u Rwanda gushyigikira ushobora kwinjira mu Burundi.

Icyakora, Kigali ihakana ibyo gufasha uwo mutwe, ubuyobozi bw’u Rwanda bukavuga ko iby’uwo mutwe bireba Abarundi n’ubuyobozi bwabo.

Imipaka ihuza u Burundi n’u Rwanda iracyafunze.

Leta y’i Gitega ishinja Kigali gucumbikira abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza mu mwaka wa 2015.

Uburundi busaba u Rwanda kubwoherereza abo bantu bakaburanishwa, ari  rwo rukavuga ko rudashobora gutanga abantu baje baruhungiraho kuko bibubijijwe mu masezerano mpuzamahanga arengera impunzi.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *