Aho Trump Yasangiriraga N’Abandi Harashwe

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Donald Trump yavanywe byihuse mu birori byiswe White House Correspondents’ Dinner nyuma y’uko humvikanye amasasu.

Perezida wa Amerika yavuze ko uwarashe yari afite intwaro nyinshi kandi ko yafashwe n’“abagize urwego rushinzwe umutekano (Secret Service) bagaragaje ubutwari bukomeye”.

Trump yavuze ko umwe mu bakozi ba Secret Service yarashwe ari hafi cyane, ariko agakingirwa n’umwambaro utinjirwamo amasasu yari yambaye, ibi yabivugiye muri White House.

Perezida yashyize ahagaragara ifoto y’ukekwaho kurasa ndetse n’amashusho agaragaza uko kurasa byatangiye.

Ukekwa yamenyekanye nka Cole Tomas Allen, ufite imyaka 31, utuye i Torrance muri California, nk’uko ibitangazamakuru byo muri Amerika bibitangaza akazagezwa imbere y’urukiko ku wa Mbere kugira ngo yitegure ku byaha aregwa.

Abari bitabiriye ibyo birori bihishe munsi y’ameza yabo mu rujijo rwinshi rwari ruri aho, nk’uko umunyamakuru wa BBC yabivuze.

Yanditse ati: “Twese twikubise hasi munsi y’ameza yacu…”

Ambasaderi w’u Bwongereza yashimiye inzego z’iperereza za Amerika.

Christian Turner, Ambasaderi w’u Bwongereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashyize hanze ubutumwa bwo gushimira urwego rushinzwe umutekano wa Perezida (Secret Service).

Turner yari ari muri ibyo birori, kimwe n’abandi bakozi ba Ambasade y’u Bwongereza.

Yanditse ati: “Itsinda ry’u Bwongereza riri muri Amerika ryitabiriye White House Correspondents’ Dinner ryishimiye uburyo bwihuse kandi bw’umwuga Secret Service yitwayemo.”

Yakomeje agira ati: “Turashimira ko Perezida n’abari aho bose batagize icyo baba, kandi twifurije gukira vuba umukozi wakomeretse.”

Abari batumiwe muri ibyo birori barimo abanyapolitiki benshi, abadipolomate, ibyamamare n’abandi bantu bakomeye.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *