Hakainde Hichilema Yatsindiye Gukomeza Kuyobora Zambia

Umwanditsi wa Taarifa
1 Min Read

Amajwi 60% niyo yatumye Hakainde Hichilema atangazwa ko yatorewe gukomeza kuba Perezida wa Zambia nyuma y’amatora ya Perezida yabaye mu Cyumweru gishize.

Komisiyo y’Amatora ya Zambia (ECZ) yatangaje ayo majwi yabazwe mu duce 226 twatorewemo.

Hichilema ni uwo mu ishyaka UPND, akaba yagize amajwi 2,965,326, angana na 60.49%.

Uwo bari bahanganye Brian Mundubile wo mu ishyaka NRPUP, yagize amajwi 1,856,217, angana na 37.87%, bivuze ikinyuranyo cya 1,109,109.

Abantu 8,786,300 bari barariyandikishije kuri lisiti y’itora.

Amajwi yabazwe ni 4,902,050, mu gihe 126,566 yabaye impfabusa, ubwitabire bw’amatora bwo bwabaye 57.23%.

Abandi bakandida bagize amajwi make ni Harry Kalaba wo mu ishyaka Citizens First yagize amajwi 19,070, naho Kelvin Fube Bwalya wo mu ishyaka Zambia Must Prosper agira 17,078.

Narangiza kurahira, Hichilema azayobora indi manda ya kabiri y’imyaka itanu.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *