Urukiko Rw’Ikirenga Rwasobanuye Impamvu Watanga Ingwate Irenze Ibyo Uregwa Ikangwa

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Perezida w’Urukiko Rw’Ikirenga Domitille Mukantaganzwa yavuze ko hari ubwo urukiko rwanga ingwate yatanzwe n’uregwa bitewe n’impamvu zikomeye.

Yakomozaga ku biherutse kuvugwa mu rubanza rwa Ngoga Fabrice wahoze uyobora FERWAFA uherutse gutanga Miliyari Frw 5 ngo aburane adafunzwe, akavuga ko zaba uburyo bwo kwizera ko atatoroka kubera amafaranga agera kuri MIliyoni Frw 900 akurikiranyweho.

Gusa ibyo akurikiranyweho ntaho bihuriye n’uko yayoboraga FERWAFA.

Ikirego aregwa kivuga ko hari chéque itazigamiwe yatanzwe mu Ukwakira, 2025.

Mu kugaruka ku cyifuzo cya Fabrice Shema Ngoga cyo gutanga iriya ngwate, ikaba yaranzwe kandi ubundi iri mubyo umuburanyi yatanga ntaburanishwe afunzwe, Perezida w’Urukiko Rw’Ikirenga yavuze mbere y’uko uwo muntu afungwa, hari ibiba byabanje.

Ati: “Muri kuvuga k’ugutanga chéque itazigamiwe. Burya hari ibindi biba byabanje. Ese uyu muntu iyo chéque yayitanze ryari? Ese yumvikanye n’uwo muntu ko azamwishyura ryari? Ese bigaragaye ko adashobora kuriha, ni izihe nzego ziyambaje ngo ikibazo gikemuke? Yakurikije se ibyo bemeranyije?”

Mukantaganzwa avuga ko mbere yo gufunga umuntu by’agateganyo haba habanje ikurikiranacyaha ryakozwe n’urukiko.

Ikindi ngo ni uko idosiye igera mu rukiko kuko inzego zibanza(ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha) ziba zasanze bikwiye.

Ati: “‘yo byageze mu rukiko rero…kereka uregwa avuze ati ‘ ndayafite dore ngaya!”

Asanga u Rwanda rudapfa gufunga, ahubwo ngo ntako igihugu kiba kitagize ngo kigoragoze abantu kibunge.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga asaba Abanyarwanda kureka ibyaha, hagira n’ukigwamo akihutira guca mu nzira zituma ibintu bikemuka bitarafata indi ntera.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *