Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ababikira Bane Bashimuswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ababikira Bane Bashimuswe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2022 3:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu bataramenyekana bashimuse ababikira bane ubwo bari baciye mu muhanda w’ahitwa Okigwe-Umulolo bagana ahitwa Okigwe-Enugu muri Leta ya Imo muri Nigeria.

Muri iyi nzira kandi haherutse gushimutirwa abandi bihaye Imana bari mo Pasiteri mu Idini ry’Aba Methodist witwaga Rev Samuel Uche akaba yari ari kumwe n’abandi bihaye Imana bo muri iri dini.

Hashize igihe gito ibi bibaye.

Ikinyamakuru cyo muri Nigeria dukesha iyi nkuru kitwa leadership.ng.

Kivuga ko ababikira bashimuswe ari Johannes Nwodo, Christabel Echemazu, Liberata Mbamalu na Benita Agu.

Itangazo ryasohowe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Ihuriro ry’Ababikira ba Yezu Umukiza witwa Revd Sister Zita Ihedoro yasabye Abakirisitu gusengera bariya Babikira kugira ngo Imana irebe ko yabarekura bagaruka mu rugo.

Ubuyobozi bwa Leta ya Imo ntacyo buratangaza kuri iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi.

Leta ya IMO ni imwe mu zindi nyinshi zigize Nigeria

N’ubwo nta mutwe w’iterabwoba urigamba iki gikorwa, hari abakeka ko ari abarwanyi ba Boko Haram babikoze.

Uyu mutwe uherutse kubona umuyobozi mushya.

Ni Bakura Sahalaba wasimbuye Abubakar Shekau uherutse kwiyahura.

Icyakora hari undi mutwe w’iterabwoba witwa  Islamic State  West Africa Province (ISWAP) ukorera mu Majyaruguru ya Nigeria.

TAGGED:AbabikiraAbarwanyiBoko HaramNigeria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikipe Ya Adrien Niyonshuti Ntiyitabiriye ‘Kibugabuga Race’ Kubera Ibibazo Na Amis Sports
Next Article Urugomero Rwa Rusumo Ruratangira Gutanga Amashanyarazi Mu Ugushyingo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?