Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abacanshuro Ba Wagner Bafunze Lt Col W’Ingabo Z’Uburusiya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abacanshuro Ba Wagner Bafunze Lt Col W’Ingabo Z’Uburusiya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2023 11:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari video iri ku mbuga nkoranyambaga yerekana umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu ngabo z’Uburusiya witwa Roman Venevitin wemera ko ari uwo mu ngabo za Leta ya Putin kandi ko yafashwe ubwo yarasaga ku bacanshuro ba Wagner bari baciye mu gace we na bagenzi be bakambitsemo.

Bivugwa ko hari umwuka mubi hagati y’abagize Wagner n’ingabo za Vladmir Putin bapfa imicungire y’ibice bafashe muri Ukraine.

Lieutenant Colonel Roman Venevitin avuga ko yarashe ku ngabo z’Uburusiya abitewe n’ubusinzi.

Lieutenant Colonel Roman Venevitin avuga ko yarashe ku ngabo z’Uburusiya abitewe n’ubusinzi.

Nta gihe kinini gishize abo muri Wagner bashinja ingabo z’u Burusiya kubatega za mines ngo ziturikane imodoka zabo.

Hari video yatambutse ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga abarwanyi ba Wagner bari gutegura mines mu mihanda, bakemeza ko bari bazitezwe n’ingabo z’Uburusiya.

Abarwanyi ba Wagner ni intwari k’uburyo bivugwa ko ari bo bigaruriye umujyi wa Bakhmut wari umaze iminsi mu maboko y’ingabo za Ukraine.

Ku rundi ruhande, ibi ntibyashimishije bamwe mu bagaba b’ingabo z’Uburusiya, batangira kubiba urwango hagati y’abasirikare babo n’abarwanyi ba Wagner.

Wagner ni umutwe w’abarwanyi wa Vladmir Putin ubwe. Ni ikigo (company) cye bwite.

Uyoborwa n’uwitwa Yevgeny Prigozhin.

Yevgeny Prigozhin uyobora Wagner

Aherutse kuvuga ko abayobozi b’ingabo z’Uburusiya muri Ukraine bitwara nabi ndetse ngo bigeze kumutaba mu nama, bategeka abasirikare babo kuva mu bice bari barafashe bagamije gushyira abarwanyi ba Wagner mu mazi abira.

Lieutenant-Colonel Roman Venevitin asanzwe ayobora Brigade ya 72 mu ngabo z’Uburusiya.

Yemeye ko yarashe ikamyo yari itwaye abarwanyi ba Wagner abitewe n’ubusinzi.

Abarwanyi ba Wagner barashwe bari mu ikamyo yo mu bwoko bwa Ural, icyakora ntawahasize ubuzima.

Kuba uriya musirikare mukuru yarafashwe, kubera impamvu zavuzwe haruguru, hari ababona ko ari ikibazo gishobora kuzamura umwiryane mu buyobozi bw’i Moscow.

Ku rundi ruhande, hari icyizere ko uriya musirikare atazicwa.

Abarwanyi ba Wagner bategura mines bavuga ko zatezwe n’ingabo z’Uburusiya mu gace bakoreramo

Ubusanzwe umugambanyi ufashwe n’abarwanyi ba Wagner bamwicisha inyundo.

Bivugwa ko umutwe wa Wagner ufite abarwanyi 60,000 muri Ukraine.

N’ubwo ari wo wamamaye muri iki gihe, mu Burusiya hari indi mitwe myinshi y’abarwanyi bakora kinyamwuga.

TAGGED:AbarwanyiAbasirikarefeaturedIngaboInyundoMinesPutinUkraineWagner
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda Rwahawe Miliyoni $100 Zo ‘Gukomeza’ Kuzamura Urwego Rw’Abikorera
Next Article Mu Mujyi Wa Kigali N’Akarere Ka Kamonyi Bagiye Kubura Amazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?