Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abadepite B’Uburundi Barabaza Guverinoma Impamvu Polisi Yambara Imyenda Icitse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abadepite B’Uburundi Barabaza Guverinoma Impamvu Polisi Yambara Imyenda Icitse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2024 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Burundi kuri uyu wa 21, Gashyantare 2024 Abadepite batumije Minisitiri w’Umutekano, Martin Niteretse bamubaza icyo Leta iri gukora ngo ihe abapolisi impuzankano nzima.

Bavuga ko bibabaje kuba abantu bashinzwe umutekano Bambara imyenda yacitse kandi ishaje.

Depite Cathérine Rwasa uhagarariye Intara ya Kirundo niwe wazamuye iki kibazo ubwo Minisitiri Niteretse yagezwagaho raporo y’ubugenzuzi yo kuva mu mwaka wa 2019/2020 kugeza mu 2022/2023.

Yagize ati: “Usanga abapolisi bavuga ko hari ibitameze neza, cyane cyane mu mafunguro no mu myambaro, aho abapolisi binubira ko bafite imyambaro yacuye, abandi bashyizeho ibiraka ku mavi no ku kibuno, ugasanga biteye isoni mu gihugu cy’u Burundi. Ndagira ngo nsabe Minisitiri aho hantu baharebe neza, uku kwinuba kurangire.”

Niteretse yasubije ko amaze igihe azenguruka ku biro bya Polisi hirya no hino kandi ngo  nta mupolisi wamubwiye ko arya nabi.

Yagize ati: “Nta n’umwe wambwiye ko afungura nabi;  gusa bamwe bambwiye bati ‘Twebwe twari tuzi ko ifu y’ibigori mwatuzaniye ari inyongera’. Uwaba yarabahaye ayo makuru, muzamubwire aze andebe.”

Yahakanye ko hari umupolisi wambara imyenda yacitse, ko ibyo ari inkuru ishaje.

Niteretse yavuze ko abapolisi bose b’Uburundi bahabwe impuzankano nshya vuba aha, ni ukuvuga hagati ya Nyakanga n’Ukuboza, 2023.

Minisitiri Martin Niteretse

Ati “Ni cyo kimwe no kwambara nabi, imyambaro y’ibiraka. Ni byo, dufite ikibazo kandi ni ikibazo cy’igihugu muri rusange kuko impuzankano basabwa kwambara hariho gahunda yo kuyibaha. Ntitwashoboye kuyigeraho kubera ko tutaboneye amafaranga ku gihe kugira ngo tuyigure neza. Ariko abapolisi nka bose, nako bose bafite imyambaro.”

Ngo nta mupolisi wambaye ipantalo yacitse keretse uwaba yayiciye nyine, ari we ushaka kuvuga ati ‘Ibintu byacu ntabyo dufite’, akayica.

Icyakora Minisitiri Niteretse yabwiye Depite Rwasa n’abandi bari mu Nteko ko azakurikirana, akamenya aho aya makuru aturuka kuko ngo abayatanga bashobora kuba bashaka gusebya Polisi y’u Burundi.

TAGGED:BurundifeaturedIntekoNiteretsePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagore Bakora Mu Rwego Rw’Ingufu Barashaka Kwiyongera
Next Article Hari Serivisi Y’Ibitaro Bya Nyanza Idakora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?