Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abadepite B’Uburundi Barabaza Guverinoma Impamvu Polisi Yambara Imyenda Icitse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abadepite B’Uburundi Barabaza Guverinoma Impamvu Polisi Yambara Imyenda Icitse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2024 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Burundi kuri uyu wa 21, Gashyantare 2024 Abadepite batumije Minisitiri w’Umutekano, Martin Niteretse bamubaza icyo Leta iri gukora ngo ihe abapolisi impuzankano nzima.

Bavuga ko bibabaje kuba abantu bashinzwe umutekano Bambara imyenda yacitse kandi ishaje.

Depite Cathérine Rwasa uhagarariye Intara ya Kirundo niwe wazamuye iki kibazo ubwo Minisitiri Niteretse yagezwagaho raporo y’ubugenzuzi yo kuva mu mwaka wa 2019/2020 kugeza mu 2022/2023.

Yagize ati: “Usanga abapolisi bavuga ko hari ibitameze neza, cyane cyane mu mafunguro no mu myambaro, aho abapolisi binubira ko bafite imyambaro yacuye, abandi bashyizeho ibiraka ku mavi no ku kibuno, ugasanga biteye isoni mu gihugu cy’u Burundi. Ndagira ngo nsabe Minisitiri aho hantu baharebe neza, uku kwinuba kurangire.”

Niteretse yasubije ko amaze igihe azenguruka ku biro bya Polisi hirya no hino kandi ngo  nta mupolisi wamubwiye ko arya nabi.

Yagize ati: “Nta n’umwe wambwiye ko afungura nabi;  gusa bamwe bambwiye bati ‘Twebwe twari tuzi ko ifu y’ibigori mwatuzaniye ari inyongera’. Uwaba yarabahaye ayo makuru, muzamubwire aze andebe.”

Yahakanye ko hari umupolisi wambara imyenda yacitse, ko ibyo ari inkuru ishaje.

Niteretse yavuze ko abapolisi bose b’Uburundi bahabwe impuzankano nshya vuba aha, ni ukuvuga hagati ya Nyakanga n’Ukuboza, 2023.

Minisitiri Martin Niteretse

Ati “Ni cyo kimwe no kwambara nabi, imyambaro y’ibiraka. Ni byo, dufite ikibazo kandi ni ikibazo cy’igihugu muri rusange kuko impuzankano basabwa kwambara hariho gahunda yo kuyibaha. Ntitwashoboye kuyigeraho kubera ko tutaboneye amafaranga ku gihe kugira ngo tuyigure neza. Ariko abapolisi nka bose, nako bose bafite imyambaro.”

Ngo nta mupolisi wambaye ipantalo yacitse keretse uwaba yayiciye nyine, ari we ushaka kuvuga ati ‘Ibintu byacu ntabyo dufite’, akayica.

Icyakora Minisitiri Niteretse yabwiye Depite Rwasa n’abandi bari mu Nteko ko azakurikirana, akamenya aho aya makuru aturuka kuko ngo abayatanga bashobora kuba bashaka gusebya Polisi y’u Burundi.

TAGGED:BurundifeaturedIntekoNiteretsePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagore Bakora Mu Rwego Rw’Ingufu Barashaka Kwiyongera
Next Article Hari Serivisi Y’Ibitaro Bya Nyanza Idakora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?