Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaganga Ba Baho International Hospital Bagiye Kugezwa Mu Rukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaganga Ba Baho International Hospital Bagiye Kugezwa Mu Rukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2022 4:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’igihe kirekire urubanza rw’abaganga bavugwaho kwica batabigambiriye umugore wari waje kubyarira mu Bitaro byitwa Baho International Hospital bazitaba urukiko mu Ukwakira, 2022.

Abo baganga bakekwaho kiriya cyahe ni Dr. Alfred Mugemanshuro usanzwe utera ikinya na Dr. Gaspard Ntahonkiriye usanzwe uvura indwara z’abagore.

Umugore waguye ku iseta ubwo bamubyazaga ni nyakwigendera Chantal Ngwinondebe.

Yapfuye rwagati mu mwaka wa 2021 ubwo yari yagiye ngo bamubage bamukuremo icyuma cyari cyarashyizwe muri nyababyeyi ye ariko aza kugwa ku iseta.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Urubanza aba baganga baregwamo rwasubitswe inshuro esheshatu mu mwaka wa 2021.

Ku nshuro ya mbere rwagombaga kuburanishwa mu Ugushyingo, 2021 ariko rukomeza kwimurwa.

The New Times yanditse ko impamvu zo kurwimura inshuro nyinshi zari iz’uko abashinjacyaha n’abunganizi mu by’amategeko bari bagitegereje raporo ya Minisiteri y’ubuzima kuri iki kibazo.

Minisiteri y’ubuzima yatangije iperereza kuri iki kibazo nyuma y’uko urupfu rw’uriya mugore rutangajwe.

Ryari iperereza ryo kubanza bakamenya neza imikorere idahwitse yavugwaga muri biriya bitaro.

- Advertisement -

Kuba raporo ya Minisiteri y’ubuzima ibonetse, bivuze ko ari ikintu cy’ingenzi mu migendekere ya ruriya rubanza kubera ko ivuga ibyo Minisiteri y’ubuzima yabonye mu mikorere ya biriya bitaro.

Ikindi cyamenyekanye mu itangazamakuru ni uko Minsiteri y’ubuzima yarangije kugeza iriya Raporo ku rukiko rwaregewe.

Kuva ibitaro bya Baho byongera gukora mu ntangiriro z’umwaka wa 2022, umwe mu bayobozi bakuru muri Minisiteri y’ubuzima witwa Dr Corneille Ntihabose avuga ko imiyoborere yabyo yavuguruwe mu buryo bugaragara.

Ibitaro bya Baho International Hospital bikorera i Nyarutarama mu nzu n’ibikoresho bifite agaciro ka Miliyari Frw 10.

 

TAGGED:BahoIbitaroNyarutaramaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urugomero Rwa Rusumo Ruratangira Gutanga Amashanyarazi Mu Ugushyingo
Next Article Abanyarwanda Baba Hanze Bashyira $ Menshi Mu Kuruteza Imbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?