Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaganga Ba Baho International Hospital Bagiye Kugezwa Mu Rukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaganga Ba Baho International Hospital Bagiye Kugezwa Mu Rukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2022 4:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’igihe kirekire urubanza rw’abaganga bavugwaho kwica batabigambiriye umugore wari waje kubyarira mu Bitaro byitwa Baho International Hospital bazitaba urukiko mu Ukwakira, 2022.

Abo baganga bakekwaho kiriya cyahe ni Dr. Alfred Mugemanshuro usanzwe utera ikinya na Dr. Gaspard Ntahonkiriye usanzwe uvura indwara z’abagore.

Umugore waguye ku iseta ubwo bamubyazaga ni nyakwigendera Chantal Ngwinondebe.

Yapfuye rwagati mu mwaka wa 2021 ubwo yari yagiye ngo bamubage bamukuremo icyuma cyari cyarashyizwe muri nyababyeyi ye ariko aza kugwa ku iseta.

Urubanza aba baganga baregwamo rwasubitswe inshuro esheshatu mu mwaka wa 2021.

Ku nshuro ya mbere rwagombaga kuburanishwa mu Ugushyingo, 2021 ariko rukomeza kwimurwa.

The New Times yanditse ko impamvu zo kurwimura inshuro nyinshi zari iz’uko abashinjacyaha n’abunganizi mu by’amategeko bari bagitegereje raporo ya Minisiteri y’ubuzima kuri iki kibazo.

Minisiteri y’ubuzima yatangije iperereza kuri iki kibazo nyuma y’uko urupfu rw’uriya mugore rutangajwe.

Ryari iperereza ryo kubanza bakamenya neza imikorere idahwitse yavugwaga muri biriya bitaro.

Kuba raporo ya Minisiteri y’ubuzima ibonetse, bivuze ko ari ikintu cy’ingenzi mu migendekere ya ruriya rubanza kubera ko ivuga ibyo Minisiteri y’ubuzima yabonye mu mikorere ya biriya bitaro.

Ikindi cyamenyekanye mu itangazamakuru ni uko Minsiteri y’ubuzima yarangije kugeza iriya Raporo ku rukiko rwaregewe.

Kuva ibitaro bya Baho byongera gukora mu ntangiriro z’umwaka wa 2022, umwe mu bayobozi bakuru muri Minisiteri y’ubuzima witwa Dr Corneille Ntihabose avuga ko imiyoborere yabyo yavuguruwe mu buryo bugaragara.

Ibitaro bya Baho International Hospital bikorera i Nyarutarama mu nzu n’ibikoresho bifite agaciro ka Miliyari Frw 10.

 

TAGGED:BahoIbitaroNyarutaramaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urugomero Rwa Rusumo Ruratangira Gutanga Amashanyarazi Mu Ugushyingo
Next Article Abanyarwanda Baba Hanze Bashyira $ Menshi Mu Kuruteza Imbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?