Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abagenzi Barwaniye Mu Ndege
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abagenzi Barwaniye Mu Ndege

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Impaka za ‘ngo turwane’ zatumye abagabo bateranira igipfunsi mu ndege. Video yafashwe yerekana abagabo babiri baterana igipfunsi nyuma yo gushyogozanya hakabura uwacira undi bugufi ngo yicecekere.

Nk’uko Abanyarwanda baca umugani ngo ‘ururimi rwoshywa n’urundi’ ni uko byagenze mu bagenzi bavaga Bangkok muri Thailand bagana mu Buhinde.

Bari mu ndege yitwa Thai Smile Airways yavaga Bangkok igana mu Mujyi wo mu Buhinde witwa Kolkata city muri Bengal y’i Burengerazuba.

Muri iriya  video, byatangiye umwe abwira undi ngo ‘yicare aceceke’.

Mu gihe yari akivuga, uwari uri ku ruhande yahise abyinjiramo abwira uwo wasaba ibyo ko ibyo ari kuvuga bitamureba, ko adashinzwe umutekano mu ndege.

Bidatinze, undi yahise amutera ikofe, baba bafatanye mu mashingu.

Igipfunsi cyahise gitangira kuvuga

Inshuti z’uwo watewe amakofe nazo zarahagurutse nazo zitangira gutera wa wundi amakofe mu rwego rwo gutabara no guhorera mugenzi wabo.

Abandi bagenzi batakambaga basaba abarwanaga kubihagarika.

Icyakora haje kuza umugabo w’intwari arabakiza.

Ubuyobozi bw’ikigo gitwara abagenzi mu ndege za Thai Smile Airways bwasabye imbabazi abagenzi, kandi buvuga ko kiriya kibazo cyahoshejwe.

Bwijeje abantu ko mu minsi iri imbere nta kibazo nka kiriya kizongera kubaho.

Urugomo mu ndege kandi rwigeze kuba ubwo abantu barwaniraga mu ndege y’ikigo  Jetstar  yavaga i Melbourne ijya i Brisbane.

Hombi ni muri Australia.

Byabaye ngombwa ko urwo rugendo rusubikwa.

Barwanye iminota 24.

Polisi yinjiye muri iriya ndege isohoramo abarwanaga bose.

 

TAGGED:AbagenziAustraliaBuhindeIgipfunsiIndegeKurwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pele Yatabarutse Azize Cancer
Next Article Umukecuru Rachel Nyiramandwa ‘Wakundaga’ Perezida Kagame Yatabarutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?