Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abagenzi Binjira Mu Rwanda Basabwe Kuba Barikingije COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abagenzi Binjira Mu Rwanda Basabwe Kuba Barikingije COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 January 2022 3:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda “yashishikarije” abagenzi binjira mu gihugu kuba barikingije Covid-19 mbere y’urugendo, mu gihe ku bagenzi bava mu gihugu byo ari ihame ko baba barakingiwe byuzuye.

Ni amabwiriza yavuguruwe agenga ingendo zisohoka n’izinjira mu gihugu muri ibi bihe by’icyorezo cya Covid-19, yatangiye kubahirizwa guhera ku wa 2 Mutarama 2022.

Ni nyuma y’uko mu Rwanda byemejwe ko hagaragaye ubwoko bushya bwa coronavirus yihinduranyije bwiswe Omicron.

Muri ayo mabwiriza havugwa ko ingendo zihuza u Rwanda n’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo, nyuma y’igihe zihagaritswe kubera ubwandu bwa Omicron bwari bwiganje muri icyo gice, bugatuma abagenzi baturukayo bakumirwa mu bihugu byinshi.

Biteganywa ko abagenzi bose binjira mu Rwanda bagomba kubanza kugaragaza ko bipimishije Covid-19 bagasanga ari bazima.

Igipimo cyemewe ni icya PCR cyafashwe mu masaha atarenze 72 mbere y’urugendo.

Akomeza ati “Igipimo cya Covid-19 ntabwo ari itegeko ku mwana w’Imyaka iri munsi ya 5 uri kumwe n’umuntu mukuru.”

“Abagenzi binjira mu gihugu bagejeje igihe cyo gukingirwa Covid-19 (guhera ku myaka 12 kuzamura) bashishikarizwa kuba barikingije byuzuye mbere yo gutangira urugendo.”

Ni ingingo ishyizweho nyuma y’uko imbere mu gihugu, abantu bashishikarizwa kuba barikingije kugira ngo bakirwe ahantu hatandukanye haba mu nsengero, utubari, amasoko, resitora n’ahandi.

Mu gihe ku binjira mu gihugu hakoreshwa ijambo ‘gushishikarizwa’ , ku banyarwanda bashaka kujya mu mahanga bo basabwa kuba barakingiwe byuzuye.

Biteganywa ko abagenzi binjiye mu gihugu bagomba kujya mu kato k’iminsi itatu muri hotel bakiyishyurira ikiguzi.

Bazakorerwa igipimo cya PCR bakigera mu gihugu, ku munsi wa gatatu hagakoreshwa icya Rapid Test na PCR.

Bazajya bava mu kato hagendewe ku bisubizo bya Rapid Test izajya ikorwa ku buntu.

Igipimo gikorerwa ku kibuga cy’indege cyishyurwa $50, hiyongeraho $10 ya serivisi bahabwa.

Abanyarwanda bo bishyura 40,000 Frw cyangwa $30 y’igipimo yiyongeraho $10 ya serivisi.

Igiciro kizaba kivuye kuri 57,200 Frw basabwaga mbere y’uko Leta igabanya igiciro.

Ku munsi wa karindwi kandi hafatwa ikindi gipimo cya PCR gifatirwa ahantu hasanzwe hapimirwa, umugenzi akiyishyurira ikiguzi.

TAGGED:AbagenziCOVID-19featuredGuverinomaOmicronRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafaranga Ya Mbere Yo Kubaka Icyanya Cy’Inganda Muri Cabo Delgado Yasohowe
Next Article Ubugenzuzi Bwemeje Ko Umwuka Mu Karere Ka Rubavu Atari Mwiza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?