Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abagore B’Abanyamulenge Bandikiye Umugore Wa Tshisekedi Ngo Abavuganire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abagore B’Abanyamulenge Bandikiye Umugore Wa Tshisekedi Ngo Abavuganire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2023 6:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abo bagore basanzwe batuye ahitwa Minembwe basabye umugore wa Perezida wa DRC witwa Denise Nyakeru kubakiza intambara ikomeje guhitana ubuzima bw’ababo kandi zikabapfakaza.

Taliki 6, Mutarama, 2023, nibwo abagore bo mu bwoko bw’Abanyamulenge banditse ibaruwa yuzuye agahinda bayigenera umugore wa Perezida Tshisekedi .

Irimo ko barambiwe ivangura n’ubwicanyi bukomeje gukorerwa ubwoko bwabo.

Bayise  “La Voix de la Femme de Minembwe” igamije kwamagana icyo bise itsembabwoko ryibasiye Abanyamulenge.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Abagore b’Abanyamulenge basaba amahanga kubatabara kuko bugarijwe n’ababahohotera( [email protected])

Aba bagore bashinja ingabo za DRC zigize Brigade ya 12 mu ngabo za FARDC ikorera mu Minembwe kubazengereza.

Iyi Brigade iyoborwa na  Col Alexis Rugabisha.

Abanditse iriya baruwa bavuga ko abayigize[brigade 12]bakunze  kugaba ibitero bihitana inzirakarengane, gusahura no gutwika inzu z’Abanyamulenge.

Col Rugabisha ashinjwa kugira uruhare mu itotezwa rikorerwa Abanyamulenge bo mu Minembwe rikozwe n’ingabo ayoboye n’inyeshyamba.

Ikibabaje kandi ngo ni uko nawe ari Umunyamulenge!

- Advertisement -

Inyandiko ya bariya bagore isaba umugore wa Perezida Tshisekedi gukora uko ashoboye agasaba ko inyeshyamba za Mai Mai  Yakutumba, Biloze Bishambuke n’umutwe wa Red Tabara ukomoka mu Burundi zacibwa intege kuko ari zo zabazonze.

Basaba Denise Nyakeru kuba nka Esiteri uvugwa muri Bibiliya(Esiteri yari umugore w’umwami w’igihugu cy’Abaperesi witwaga Ahasuerus) akagira uruhare mu kumvisha Perezida Tshisekedi gutanga itegeko mu masaha 48 rihagarika ubwicanyi Col Rugabisha n’abasirikare be  bavugwamo kugira uruhare.

Denise Nyakeru
TAGGED:AbagoreAbanyamulengefeaturedIntambaraPerezidaTshisekediUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatwa Basabirizaga i Bujumbura Basubijwe Mu Cyaro
Next Article Abanyarwandakazi Nibo Bacuruzwa Kenshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?