Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abagore B’Abanyamulenge Bandikiye Umugore Wa Tshisekedi Ngo Abavuganire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abagore B’Abanyamulenge Bandikiye Umugore Wa Tshisekedi Ngo Abavuganire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2023 6:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abo bagore basanzwe batuye ahitwa Minembwe basabye umugore wa Perezida wa DRC witwa Denise Nyakeru kubakiza intambara ikomeje guhitana ubuzima bw’ababo kandi zikabapfakaza.

Taliki 6, Mutarama, 2023, nibwo abagore bo mu bwoko bw’Abanyamulenge banditse ibaruwa yuzuye agahinda bayigenera umugore wa Perezida Tshisekedi .

Irimo ko barambiwe ivangura n’ubwicanyi bukomeje gukorerwa ubwoko bwabo.

Bayise  “La Voix de la Femme de Minembwe” igamije kwamagana icyo bise itsembabwoko ryibasiye Abanyamulenge.

Abagore b’Abanyamulenge basaba amahanga kubatabara kuko bugarijwe n’ababahohotera( Ifoto@UMUSEKE.RW)

Aba bagore bashinja ingabo za DRC zigize Brigade ya 12 mu ngabo za FARDC ikorera mu Minembwe kubazengereza.

Iyi Brigade iyoborwa na  Col Alexis Rugabisha.

Abanditse iriya baruwa bavuga ko abayigize[brigade 12]bakunze  kugaba ibitero bihitana inzirakarengane, gusahura no gutwika inzu z’Abanyamulenge.

Col Rugabisha ashinjwa kugira uruhare mu itotezwa rikorerwa Abanyamulenge bo mu Minembwe rikozwe n’ingabo ayoboye n’inyeshyamba.

Ikibabaje kandi ngo ni uko nawe ari Umunyamulenge!

Inyandiko ya bariya bagore isaba umugore wa Perezida Tshisekedi gukora uko ashoboye agasaba ko inyeshyamba za Mai Mai  Yakutumba, Biloze Bishambuke n’umutwe wa Red Tabara ukomoka mu Burundi zacibwa intege kuko ari zo zabazonze.

Basaba Denise Nyakeru kuba nka Esiteri uvugwa muri Bibiliya(Esiteri yari umugore w’umwami w’igihugu cy’Abaperesi witwaga Ahasuerus) akagira uruhare mu kumvisha Perezida Tshisekedi gutanga itegeko mu masaha 48 rihagarika ubwicanyi Col Rugabisha n’abasirikare be  bavugwamo kugira uruhare.

Denise Nyakeru
TAGGED:AbagoreAbanyamulengefeaturedIntambaraPerezidaTshisekediUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatwa Basabirizaga i Bujumbura Basubijwe Mu Cyaro
Next Article Abanyarwandakazi Nibo Bacuruzwa Kenshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?