Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abagore Mu Itangazamakuru Baracyari Mbarwa Kandi Barahohoterwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abagore Mu Itangazamakuru Baracyari Mbarwa Kandi Barahohoterwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 March 2025 4:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ntirenganya Emma Claudine(ubanza iburyo) ushinzwe itumanaho mu Mujyi wa Kigali. Yabaye umunyamakuru kuri Radio Salus n'ahandi.
SHARE

Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore, abagore bagize Ihuriro ry’abagore bakora itangazamakuru, Synergy of Female Journalists Associations  ryavuze ko umubare w’abagore bakora itangazamakuru ukuri muto kandi ko ikibabaje kurushaho ari uko nabo bake bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Muri iyo nama hemerejwemo ko hakwiye kujyaho ahantu hisanzuye bagenzi babo bakora uwo mwuga bazajya bavugiramo ibibazo bahura nabyo birimo n’iryo hohoterwa.

Mu kuvuga ibibazo bahura nabyo nibwo hazajya haboneka n’uburyo bwo kuganira ku byakorwa ngo bibonerwe umuti, haba mu kubikumira, gukorana n’inzego ngo ababikoze bakurikiranwe ndetse n’ababikorewe bahabwe ubutabera.

Ubwo buryo bwo kuganira ku bibazo by’abagore bakora itangazamakuru buzatanga kandi umurongo waba mwiza mu gutuma abanyamakuru[kazi] biyongera.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ihuriro Synergy of Female Journalists ivuga ko urubuga rw’abagore bakora itangazamakuru ruzaba ahantu heza ho gusangirira ibitekerezo byubaka ubunyamwuga, bigatuma abato bakinjira mu mwuga w’itangazamakuru bigira kuri bakuru babo.

Bavuga ko guhanahana ubunararibonye mu mwuga wabo bizatuma abagore bakora itangazamakuru bafashanya kuzamura urwego rw’imikorere kandi bagirane imikoranire n’inzego za Leta n’abandi bafatanyabikorwa.

Abanyamakuru b’abagore bashaka ko bagenzi babo bakura mu mwuga kandi ntawe uhohotewe.

Ku byerekeye ihohoterwa, ushinzwe ubuzima bwo mu mutwe mu ihuriro ry’abagore bakora itangazamakuru witwa Munezero Pacifique avuga ko abagore bakorerwa ihohoterwa mu buryo n’ahantu bitandukanye.

Kuri we ni ikibazo gikomeye kuko iyo umugore ahohetewe ari ku kazi bigira ingaruka ku mubano we n’ab’iwe, hagati ye n’umugabo we, abana be cyangwa umukozi we.

Ati: “ Ikibazo gikomeye ni uko umugore uhohoterewe ku kazi bimugira ho ingaruka zikomereza no mu rugo iwe. Kimwe mu bintu bikenewe ni ubufatanye bwa bagenzi be kugira ngo bitagaragara ko ari wenyine, akaba yakwiheba”.

- Advertisement -

Hamwe mu hantu abagore bakora itangazamakuru bakunze guhurira n’ihohoterwa ni ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe babibasira bavuga ko runaka kuba ari umugore ari byo byatumye yitwara cyangwa avuga uku n’uku.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Ihuriro Nyarwanda Ry’Abagore bakora itangazamakuru Marie Louise Uwizeyimana asanga iki kibazo gikwiye gushakirwa umuti kandi urambye.

Ku rundi ruhande, asanga hari intambwe nziza iterwa mu kuzamura itangazamakuru muri rusange, haba mu bagabo no mu bagore.

Gusa asanga ikibazo cy’ihohoterwa kikigaragara muri uru rwego cyane cyane irikorerwa abagore gikwiye guhagurukirwa n’inzego zishinzwe imibereho myiza y’abanyamakuru n’izindi muri rusange.

Mu Ugushyingo, 2024, hari ubushakashatsi bwatangajwe ku Gipimo cy’Iterambere ry’itangazamakuru mu Rwanda, (Rwanda Media Barometer) buvuga ko mu bitangazamakuru harimo aho abakozi baba badafashwe neza kandi ko, by’umwihariko, 55% baba bahura n’itotezwa rishingiye ku gitsina.

Ubu bushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, bugaragaza ko ubushobozi bw’ibitangazamakuru n’abanyamakuru mu Rwanda muri rusange ari buke haba mu mafaranga no mu bijyanye n’uburyo bw’imikorere inoze.

RGB icyo gihe yavuze ko ubwo bushakashatsi bwakozwe ku banyamakuru 254 bo mu binyamakuru bitandukanye bikorera mu Rwanda.

Mu banyamakuru icyo gihe babajijwe, 55% bagaragaje ko mu mwuga w’itangazamakuru harimo itotezwa rishingiye ku gitsina.

Abagabo bangana  49,1% bemeje ko iki kibazo gihari mu gihe abagore babajijwe, abangana na 70,3% ari bo bemeje ko itotezwa rishingiye ku gitsina riba muri uyu mwuga.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe itangazamakuru muri RGB, Rushingabigwi Jean Bosco, yavuze ko iki kibazo gikomeye ku mwuga ndetse gikwiye gukorerwa ubushakashatsi bwimbitse.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe itangazamakuru muri RGB, Rushingabigwi Jean Bosco.
TAGGED:AbagaboAbagoreIhohoterwaItangazamakuruLetaUbuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyamulenge Baratakambira Isi Kubera Ubwicanyi Bakorerwa Na DRC
Next Article Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Y’Isi Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbutabera

Kigali: Mu Minsi 10 Polisi Imaze Gufata Ibilo 50 By’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?