Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Abaguraga’ Urumogi Beretse Polisi ‘Abarugurisha’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Abaguraga’ Urumogi Beretse Polisi ‘Abarugurisha’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2022 8:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abaturage bo mu Mudugudu wa Ntora, Akagari ka Ruhango, Umurenge wa Gisozi bagiye kwereka Polisi abantu bajyaga baguraho urumogi. Abo bantu babiri bagurishaga urumogi  Polisi yahise ibafata.

Ni umugabo ufite imyaka 34 y’amavuko  n’umugore ufite imyaka 40 y’amavuko.

Ubwo abapolisi bageraga mu ngo zabo  bahasanze udupfunyika 1, 664  tw’urumogi, twose hamwe.

Superintendent of Police (SP) Octave Mutembe uyobora  Polisi mu Karere ka Gasabo ashima abatanze amakuru kugira ngo bariya bantu bafatwe kandi bafatanwe na ruriya rumogi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Bamwe mu baguraga urumogi kuri bariya bantu nibo batanze amakuru Polisi ijya mu ngo zabo iraruhasanga. Hamwe  hafatiwe udupfunyika tw’urumogi 1,650 ahandi hafatirwa udupfunyika 14.”

SP Mutembe avuga ko abafashwe bemera ko koko bacuruzaga urumogi kandi ngo barabisabira imbabazi.

Ku rundi ruhande ariko, batsembye banga kuvuga aho ruriya rumogi ruturuka kugira ngo rubagereho.

Icyakora ni kenshi Polisi y’u Rwanda yafashe abantu bavanye urumogi mu Karere ka Rubavu baruzanye mu Mujyi wa Kigali.

Benshi mu bafashwe bavuga ko barukura muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

- Advertisement -
Urumogi rwinshi ruza i Kigali ruturuka muri Rubavu

Mu minsi micye ishize hari  umugore w’imyaka 31 wafatiwe  mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro afite udupfunyika 3, 117 tw’urumogi.

Twose twari dufite agaciro karenga Miliyoni 3 Frw kuko agapfunyika kamwe (boule) kagura arenga Frw 1000.

Polisi yamufashe ku wa Mbere Taliki 10, Mutarama, 2022 imufatira mu Mudugudu wa Kamabuye, Akagari ka Kabujenje, Umurenge wa Kivumu, Akarere ka Rutsiro mu Ntara y’i Burengerazuba.

Umugore wafashwe ngo yari ashyiriye  urumogi abakiliya be b’i Karongi nk’uko Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burengerazuba Chief Inspector of Police( CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yabivuze.

Ku byerekeye abaraye bafashwe, Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gasabo SP Mutembe  yakanguriye abantu kureka ibiyobyabwenge ahubwo bakajya mu bikorwa byemewe n’amategeko.

Ati:  “Ntabwo Polisi y’u Rwanda izarambirwa kurwanya abakwirakwiza ibiyobyabwenge cyangwa abakora ibyaha. Turakangurira abaturage gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha kandi turanashimira abatanga amakuru umunsi ku wundi.”

Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisozi kugira ngo hakorwe iperereza.

TAGGED:featuredGasaboPolisiRwandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Serge Pereira Umushoramari Ukomoka Muri Congo-Brazaville Yakiriwe Na Perezida Kagame
Next Article Salima Mukansanga Yafashwe n’Ikiniga Nyuma Yo Gukora Amateka Muri Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?