Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Abaguraga’ Urumogi Beretse Polisi ‘Abarugurisha’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Abaguraga’ Urumogi Beretse Polisi ‘Abarugurisha’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2022 8:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abaturage bo mu Mudugudu wa Ntora, Akagari ka Ruhango, Umurenge wa Gisozi bagiye kwereka Polisi abantu bajyaga baguraho urumogi. Abo bantu babiri bagurishaga urumogi  Polisi yahise ibafata.

Ni umugabo ufite imyaka 34 y’amavuko  n’umugore ufite imyaka 40 y’amavuko.

Ubwo abapolisi bageraga mu ngo zabo  bahasanze udupfunyika 1, 664  tw’urumogi, twose hamwe.

Superintendent of Police (SP) Octave Mutembe uyobora  Polisi mu Karere ka Gasabo ashima abatanze amakuru kugira ngo bariya bantu bafatwe kandi bafatanwe na ruriya rumogi.

Ati: “Bamwe mu baguraga urumogi kuri bariya bantu nibo batanze amakuru Polisi ijya mu ngo zabo iraruhasanga. Hamwe  hafatiwe udupfunyika tw’urumogi 1,650 ahandi hafatirwa udupfunyika 14.”

SP Mutembe avuga ko abafashwe bemera ko koko bacuruzaga urumogi kandi ngo barabisabira imbabazi.

Ku rundi ruhande ariko, batsembye banga kuvuga aho ruriya rumogi ruturuka kugira ngo rubagereho.

Icyakora ni kenshi Polisi y’u Rwanda yafashe abantu bavanye urumogi mu Karere ka Rubavu baruzanye mu Mujyi wa Kigali.

Benshi mu bafashwe bavuga ko barukura muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Urumogi rwinshi ruza i Kigali ruturuka muri Rubavu

Mu minsi micye ishize hari  umugore w’imyaka 31 wafatiwe  mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro afite udupfunyika 3, 117 tw’urumogi.

Twose twari dufite agaciro karenga Miliyoni 3 Frw kuko agapfunyika kamwe (boule) kagura arenga Frw 1000.

Polisi yamufashe ku wa Mbere Taliki 10, Mutarama, 2022 imufatira mu Mudugudu wa Kamabuye, Akagari ka Kabujenje, Umurenge wa Kivumu, Akarere ka Rutsiro mu Ntara y’i Burengerazuba.

Umugore wafashwe ngo yari ashyiriye  urumogi abakiliya be b’i Karongi nk’uko Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burengerazuba Chief Inspector of Police( CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yabivuze.

Ku byerekeye abaraye bafashwe, Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gasabo SP Mutembe  yakanguriye abantu kureka ibiyobyabwenge ahubwo bakajya mu bikorwa byemewe n’amategeko.

Ati:  “Ntabwo Polisi y’u Rwanda izarambirwa kurwanya abakwirakwiza ibiyobyabwenge cyangwa abakora ibyaha. Turakangurira abaturage gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha kandi turanashimira abatanga amakuru umunsi ku wundi.”

Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisozi kugira ngo hakorwe iperereza.

TAGGED:featuredGasaboPolisiRwandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Serge Pereira Umushoramari Ukomoka Muri Congo-Brazaville Yakiriwe Na Perezida Kagame
Next Article Salima Mukansanga Yafashwe n’Ikiniga Nyuma Yo Gukora Amateka Muri Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?