Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abahinga Avoka Barasabwa Kongera Umusaruro Ngo Bahaze Isoko Ry’Uburayi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abahinga Avoka Barasabwa Kongera Umusaruro Ngo Bahaze Isoko Ry’Uburayi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 October 2023 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urubuto rw’avoka ruri mu mbuto u Rwanda rusanzwe rwohereza hanze yarwo ariko kuri uyu wa Kane taliki 26, Ukwakira, 2023 nibwo bwa mbere rwohereje uru rubuto mu Buholandi.

Ni igikorwa cya Guverinoma y’u Rwanda ibicishije mu kigo cyayo gishinzwe kohereza hanze imbuto n’imboga, NAEB, ndetse na Ambasade y’Ubuholandi mu Rwanda iyoborwa na Joan Wiegman.

Ni umushinga kandi ukorana n’ikigo IDH, uyu ukaba ugamije kugeza biriya bihingwa mu Buholandi ariko binyuze mu nzira y’amazi kugira ngo bigabanye ikiguzi cy’ubwikorezi.

‘Stichting IDH’ ni ikigo gikorana n’abikorera ku giti cyabo kugira ngo habeho kubafasha kugeza ibyo bakora cyangwa umusaruro wabo ku masoko mpuzamahanga bitabahenze cyane.

Ku ikubitiro hari toni 22.4 z’avoka zoherejwe mu Buholandi, iki gihugu kikaba kiri mu bisanzwe bicuruza avoka n’ahandi mu Burayi.

Ubucuruzi bw’u Rwanda n’Ubuholandi mu by’avoka niburamba bukagera ku musaruro ubwitezweho, bizaba uburyo bwiza bwo kwagurira isoko n’ahandi mu Burayi.

Umwe muri ba rwiyemezamirimo bafite igigo bihinga bikanacuruza avoka gikomeye mu Rwanda witwa Oluwaseun Rasheed avuga ko kuba bagiye gukorana n’ikigo cyabafasha gucisha avoka mu nzira y’amazi zikagera i Burayi ari ikintu kizabafasha kuko ubusanzwe gukoresha inzira y’ikirere bihenze cyane.

Avoka iri mu mbuto u Rwanda rushaka kugurisha amahanga

Avuga ko gukoresha inzira y’amazi bizagabanya igiciro cy’ubwikorezi ho 20%.

Mu migambi ya Leta y’u Rwanda harimo kongera umusaruro wa avoka, ukazagera kuri toni zizaba zifite agaciro kabarirwa muri miliyari $1 biterenze umwaka wa 2024.

Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022/2023 u Rwanda rwacuruje hanze toni miliyoni 3.2 z’avoka ariko mu mwaka wa 2026 rwiteze kuzacuruza toni miliyoni 16.

Ikindi kivugwa ko ari ingirakamaro mu gukoresha inzira y’amazi mu kugeza ibicuruzwa mu Burayi n’ahandi ku isi ni uko ubwato budasohora ibyuka bihumanya ikirere byinshi nk’uko bigenda ku ndege.

Ikigo cy’ubwikorezi mpuzamahanga kitwa Maersk nicyo kizafasha muri ubu bwikorezi buzajya buvana ibicuruzwa i Kigali kikabigeza i Mombasa muri Kenya.

Ambasaderi Joan Wiegman.

Umushinga wo guteza imbere ubucuruzi bw’imbuto zera mu Rwanda wiswe HortInvest ukaba uhuje Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’Ubuholandi.

Kugeza ubu imibare itangwa na NAEB ivuga ko ubucuruzi bwa avoka bwunguye u Rwanda cyane kubera ko mu mwaka wa 2021 avoka zarwinjirije miliyoni $1.6 n’aho mu mwaka wa 2022 rwinjiza miliyoni $4.5.

TAGGED:AvokaBurayifeaturedImbutoIsokoUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwasanze Rutakwizera Ingingo Yongwe Yaruhaye
Next Article Umunyafurikakazi Yatorewe Kuyobora Ihuriro Mpuzamahanga Ry’Inteko Zishinga Amategeko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?