Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abahinzi Barasaba Ko Imbuto Gakondo Nyarwanda Zabungwabungwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abahinzi Barasaba Ko Imbuto Gakondo Nyarwanda Zabungwabungwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2023 12:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo mu Karere ka Kayonza haberaga umuhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umuhinzi, abahinzi b’aho basabye Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi n’Ikigo kita ku buhinzi kurinda ko amasaka, uburo, inkori n’izindi mbuto gakondo nyarwanda zacika.

Abo bahinzi bavuga ko byaba bibabaje hari imbuto zaranze ubuhinzi bw’Abanyarwanda bo hambere zicitse burundu kandi muri zo harimo n’amasaka asanzwe agaragara no mu kirangantego cy’u Rwanda.

Umunsi mpuzamahanga wahariwe umuhinzi wizihizwa buri taliki 14, Nyakanga.

Umwe muri bo witwa Nimukuze Venancie avuga ko ikibabaje ari uko amasaka ari gucika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ngo asigaye ahingwa n’abantu mbarwa!

Avuga ko uretse no kuba ari ikirango cy’ubuhinzi n’ubukungu bw’Abanyarwanda  bo hambere, amasaka agira igikoma n’umutsima Abanyarwanda bakunze kuva kera.

Abanyarwanda bakunze rucakarara kuva kera kubera ko ifata mu nda

Ku rundi ruhande ariko avuga ko byaba byiza hashatswe indi mbuto y’amasaka imeze neza kugira ngo haboneke ubwoko bushya kandi bubasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere iriho muri iki gihe.

Si amasaka gusa ari mu marembera nk’uko abaturage babivuga, ahubwo hari n’uburo, inkori n’ibindi.

Basaba ko hari n’ibyatsi byavuraga Abanyarwanda bigomba kurindwa birimo umuravumba, igicuncu n’ibindi.

- Advertisement -

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ushinzwe ubworozi buvuguruye, Dr Karangwa Patrick yabwiye abaturage ko impamvu hari ibihingwa bitakitabwaho ari uko hari ibindi bahisemo kuko bitanga umusaruro ufatika.

Ubu ngo umuhinzi ahinga agamije kwihaza ariko agasagurira n’isoko akabona amafaranga.

Dr Karangwa ati: “Ugomba guhinga ku ntego bitewe n’inyungu bikuzanira, niba se nta mafaranga bikuzanira cyangwa ukuramo urumva wakomeza kubihinga?, buri wese abanza kureba ngo nimpinga uburo cyangwa amasaka ndakuramo angahe?”

Dr. Karangwa Patrick aganiriza abaturage b’i Kayonza

Avuga ko kuba hari uhitamo guhinga avoka cyangwa urusenda ari uko iyo arugurishije abona amafaranga menshi.

Yavuze ko bifuza ko buri muhinzi ahinga agamije icyerekezo ku buryo ahinga ibintu bimwinjiriza amafaranga aho kugira ngo avunike ariko ntagire agafaranga akuramo.

Imibare y’ibarurishamibare ivuga ko Abanyarwanda bakora ubuhinzi bangana na 53,4%.

TAGGED:AbahinzifeaturedKarangwaKayonzaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Abatuye Umurenge Wa Kigali Begerejwe Ikindi Kigo Nderabuzima
Next Article Gasabo: Ababyeyi Basabwe Kuzarinda Abana Amashusho Y’Urukozasoni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?