Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abahinzi Barasaba Ko Imbuto Gakondo Nyarwanda Zabungwabungwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abahinzi Barasaba Ko Imbuto Gakondo Nyarwanda Zabungwabungwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2023 12:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo mu Karere ka Kayonza haberaga umuhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umuhinzi, abahinzi b’aho basabye Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi n’Ikigo kita ku buhinzi kurinda ko amasaka, uburo, inkori n’izindi mbuto gakondo nyarwanda zacika.

Abo bahinzi bavuga ko byaba bibabaje hari imbuto zaranze ubuhinzi bw’Abanyarwanda bo hambere zicitse burundu kandi muri zo harimo n’amasaka asanzwe agaragara no mu kirangantego cy’u Rwanda.

Umunsi mpuzamahanga wahariwe umuhinzi wizihizwa buri taliki 14, Nyakanga.

Umwe muri bo witwa Nimukuze Venancie avuga ko ikibabaje ari uko amasaka ari gucika.

Ngo asigaye ahingwa n’abantu mbarwa!

Avuga ko uretse no kuba ari ikirango cy’ubuhinzi n’ubukungu bw’Abanyarwanda  bo hambere, amasaka agira igikoma n’umutsima Abanyarwanda bakunze kuva kera.

Abanyarwanda bakunze rucakarara kuva kera kubera ko ifata mu nda

Ku rundi ruhande ariko avuga ko byaba byiza hashatswe indi mbuto y’amasaka imeze neza kugira ngo haboneke ubwoko bushya kandi bubasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere iriho muri iki gihe.

Si amasaka gusa ari mu marembera nk’uko abaturage babivuga, ahubwo hari n’uburo, inkori n’ibindi.

Basaba ko hari n’ibyatsi byavuraga Abanyarwanda bigomba kurindwa birimo umuravumba, igicuncu n’ibindi.

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ushinzwe ubworozi buvuguruye, Dr Karangwa Patrick yabwiye abaturage ko impamvu hari ibihingwa bitakitabwaho ari uko hari ibindi bahisemo kuko bitanga umusaruro ufatika.

Ubu ngo umuhinzi ahinga agamije kwihaza ariko agasagurira n’isoko akabona amafaranga.

Dr Karangwa ati: “Ugomba guhinga ku ntego bitewe n’inyungu bikuzanira, niba se nta mafaranga bikuzanira cyangwa ukuramo urumva wakomeza kubihinga?, buri wese abanza kureba ngo nimpinga uburo cyangwa amasaka ndakuramo angahe?”

Dr. Karangwa Patrick aganiriza abaturage b’i Kayonza

Avuga ko kuba hari uhitamo guhinga avoka cyangwa urusenda ari uko iyo arugurishije abona amafaranga menshi.

Yavuze ko bifuza ko buri muhinzi ahinga agamije icyerekezo ku buryo ahinga ibintu bimwinjiriza amafaranga aho kugira ngo avunike ariko ntagire agafaranga akuramo.

Imibare y’ibarurishamibare ivuga ko Abanyarwanda bakora ubuhinzi bangana na 53,4%.

TAGGED:AbahinzifeaturedKarangwaKayonzaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Abatuye Umurenge Wa Kigali Begerejwe Ikindi Kigo Nderabuzima
Next Article Gasabo: Ababyeyi Basabwe Kuzarinda Abana Amashusho Y’Urukozasoni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?