Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abahinzi Barishimira Ko Umusaruro Wazamutse Kuri Hegitari Ifumbiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abahinzi Barishimira Ko Umusaruro Wazamutse Kuri Hegitari Ifumbiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2024 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bashingiye ku mwanzuro wo mu yindi yafashwe mu Nama y’igihugu y’Umushyikirano ya 18 yabaye mu mwaka wa 2023, abahinzi bashima ko hashyizwe umuhati mu kuzamura umusaruro, bikagaragarira no ku musaruro wera kuri hegitari ifumbiye kandi yunganiwe.

Abahinzi bavuga ko uwo musaruro wiyongereye nyuma y’ishyirwa mu bikorwa by’iriya myanzuro, bikaba ikimenyetso kiganisha ku kwihaza mu biribwa nk’intego u Rwanda rwihaye.

Inama ya 18 y’Inama y’igihugu y’Umushyikirano yabaye mu mpera za Gashyantare, 2023.

Mu mwanzuro ugendanye n’ubuhinzi wafatiwe muri iriya nama, harimo ko imbuto nziza itubuwe kandi yunganiwe n’ifumbire mvaruganda byagombaga kugezwa ku baturage bituma abahinzi bongera umusaruro.

Indi ngingo bavuga ko yagize uruhare mu kuzamura umusaruro w’ubuhinzi ni ukuhira hakoreshejwe ibikoresho byuganiwe ka Leta kandi bigaragaramo ikoranabuhanga.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr. Ildephone Musafiri avuga ko Guverinoma izakomeza gushyira imbaraga mu guteza imbere ubuhinzi kugira ngo u Rwanda ruzakemure ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa bihagije abarutuye.

Yabwiye RBA ati: “ Leta itanga Nkunganire ku ifumbire,  itanga Nkunganire ku mbuto, itanga ifumbire dukoresha mu buhinzi, DAP, NPK, IRE n’izindi zitangwa zunganiwe ku kigero cya 43% kuzamura hanyuma  umuhinzi akishyura igice gisigaye. Ndetse n’imbuto harimo ibigori, soya n’ingano igiciro cyabyo cy’imbuto kiba kiri hejuru cyane bigatuma Leta itangaho Frw 1700 kuri buri kilo.”

Atanga urugero ku mbuto y’ibigori, akavuga ko ubusanzwe Ikilo kigura hagati ya Frw 2500 na Frw 3000 hanyuma Leta ikishyurira buri muhinzi Frw 1700 ku kilo.

Kuri Musafiri, ngo iyo ni inkunga igaragara ariko nanone agasaba abahinzi gufata neza  uwo musaruro.

TAGGED:AbahinzifeaturedIfumbireMinisiteriNkunganireUmusaruro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana B’Abanyarwanda Bo Muri Amerika Babwiwe Ibyiza Byo Gukunda Iwabo
Next Article Icyo Polisi Ivuga Ku Buzukuru Ba Shitani B’i Rubavu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?