Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abahinzi Barishimira Ko Umusaruro Wazamutse Kuri Hegitari Ifumbiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abahinzi Barishimira Ko Umusaruro Wazamutse Kuri Hegitari Ifumbiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2024 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bashingiye ku mwanzuro wo mu yindi yafashwe mu Nama y’igihugu y’Umushyikirano ya 18 yabaye mu mwaka wa 2023, abahinzi bashima ko hashyizwe umuhati mu kuzamura umusaruro, bikagaragarira no ku musaruro wera kuri hegitari ifumbiye kandi yunganiwe.

Abahinzi bavuga ko uwo musaruro wiyongereye nyuma y’ishyirwa mu bikorwa by’iriya myanzuro, bikaba ikimenyetso kiganisha ku kwihaza mu biribwa nk’intego u Rwanda rwihaye.

Inama ya 18 y’Inama y’igihugu y’Umushyikirano yabaye mu mpera za Gashyantare, 2023.

Mu mwanzuro ugendanye n’ubuhinzi wafatiwe muri iriya nama, harimo ko imbuto nziza itubuwe kandi yunganiwe n’ifumbire mvaruganda byagombaga kugezwa ku baturage bituma abahinzi bongera umusaruro.

Indi ngingo bavuga ko yagize uruhare mu kuzamura umusaruro w’ubuhinzi ni ukuhira hakoreshejwe ibikoresho byuganiwe ka Leta kandi bigaragaramo ikoranabuhanga.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr. Ildephone Musafiri avuga ko Guverinoma izakomeza gushyira imbaraga mu guteza imbere ubuhinzi kugira ngo u Rwanda ruzakemure ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa bihagije abarutuye.

Yabwiye RBA ati: “ Leta itanga Nkunganire ku ifumbire,  itanga Nkunganire ku mbuto, itanga ifumbire dukoresha mu buhinzi, DAP, NPK, IRE n’izindi zitangwa zunganiwe ku kigero cya 43% kuzamura hanyuma  umuhinzi akishyura igice gisigaye. Ndetse n’imbuto harimo ibigori, soya n’ingano igiciro cyabyo cy’imbuto kiba kiri hejuru cyane bigatuma Leta itangaho Frw 1700 kuri buri kilo.”

Atanga urugero ku mbuto y’ibigori, akavuga ko ubusanzwe Ikilo kigura hagati ya Frw 2500 na Frw 3000 hanyuma Leta ikishyurira buri muhinzi Frw 1700 ku kilo.

Kuri Musafiri, ngo iyo ni inkunga igaragara ariko nanone agasaba abahinzi gufata neza  uwo musaruro.

TAGGED:AbahinzifeaturedIfumbireMinisiteriNkunganireUmusaruro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana B’Abanyarwanda Bo Muri Amerika Babwiwe Ibyiza Byo Gukunda Iwabo
Next Article Icyo Polisi Ivuga Ku Buzukuru Ba Shitani B’i Rubavu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?