Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Baba i London ‘Bashobora’ Kugezwa Mu Nkiko Bidatinze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abakekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Baba i London ‘Bashobora’ Kugezwa Mu Nkiko Bidatinze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2022 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnston aherutse kuvuga ko nasubira mu gihugu cye, azakorana na Polisi y’igihugu cye kugira ngo abakekwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baba mu gihugu cye bazafatwe.

Abo barimo Dr Vincent Bajinya, Célestin Ugirashebuja, Charles Munyaneza, Emmanuel Nteziryayo na Célestin Mutabaruka.

Impapuro zo kubafata zimaze imyaka 16 zitanzwe ariko ntacyakozwe ngo bagezwe mu butabera bw’ahantu aho ari ho hose.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnston yaraye abwiye The New Times imvugo ivuga ko ‘ubutabera butinze butakaza ireme’ ihuje n’ukuri.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagize ati: “ Mperutse gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi ariko nabonye ko umuntu wese urusuye atabura kubona ko ibyakorewe mu Rwwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi ari agahomamunwa. Byatumye numva akababaro k’abayirokotse.”

Nyuma gato y’uko ageze mu Rwanda, Minisitiri w’intebe Boris Johnston yasuye urwibutso  rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Rushyinguwemo imibiri 250,000 y’Abatutsi bari batuye muri Komini zahoze zigize Umujyi wa Kigali.

Abajijwe niba ibyo yabonye byazamutera gushyira imbaraga mu gutuma abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baba mu gihugu cye boherezwa mu Rwanda, Boris Johnston yavuze ko yabikomojeho ubwo yaganiraga na Perezida Kagame.

Ati: “ Kuri uyu wa Kane nabivuganyeho na Perezida Kagame, mubwira ko n’ubwo ari ikibazo kireba Polisi y’Umujyi wa London, ariko nzakorana nayo kugira ngo ndebe ko hari icyakorwa.”

- Advertisement -

Umunyamakuru yamwibukije ko ari inshingano z’u Bwongereza ndetse n’isi yose muri rusange kuzirikana ko Jenoside ari icyaha gikorerwa inyoko muntu, undi amusubiza ko yemeranya nawe cyane kandi ko iyo ari yo ngingo izatuma akorana na Polisi y’igihugu cye kuri kiriya kibazo.

Johnston ati: “ Niba hari cyo twakora ngo abakekwaho kiriya cyaha bagezwe mu butabera, nta kabuza tuzagikora.”

Minisitiri w’intebe Boris Johnston ubwo yasuraga urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi

Ntawamenya niba iyi atari imvugo ya Politiki yo gushimisha amatwi y’abumva cyangwa abasoma ibyo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yabwiye Abanyarwanda!

Icyakora mu butumwa yanditse mu gitabo cy’abashyitsi basura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo yarusuraga, yavuze ko ibyo yabonye bikwiye kubera isomo abatuye isi bakirinda ko hazagira ibindi  bibiba urwango mu bantu byongera kubaho.

We must do everything we can to ensure that human hearts never again are allowed to breed such hatred.

It was an honour to visit the Kigali Genocide Memorial. pic.twitter.com/eaJAml5QrG

— Boris Johnson (@BorisJohnson) June 23, 2022

Mu Bwongereza Komiseri mukuru wa Polisi y’i London witwa Dame Cressida Rose Dick aherutse kwegura.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yavuze ko mu minsi iri imbere hari undi ushobora gushyirwaho ngo ayiyobore ariko ntiyatangaje igihe ibyo bizabera.

Metropolitan Police Commissioner Dame Cressida Dick

Cressida Dick ntabwo yari abanye neza na Meya w’Umurwa London.

Sadiq Khan Meya w’Umujyi wa London
TAGGED:BwongerezafeaturedJenosideLondonRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gisupusupu Yacurangiye Umuduri Abitabiriye CHOGM
Next Article Dufite Ibibazo Byinshi Ariko Hari N’Amahirwe Menshi Yo Kubicyemura- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?