Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2025 4:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Intabaza abacururiza mu isoko rya Kimironko bagejeje kuri Polisi mu minsi yashize niyo yatumye mu minsi ibiri ifata abantu ikekaho ubujura muri iri soko.

Polisi yafashe abo bantu 29 hagati y’itariki 19 na 20, Kanama, 2025, ikavuga ko abo bantu bibaga abakiliya baje guhaha, babaka imizigo ngo babatwaze bagahita bayitwara, abandi bakiba abakorera mu nkengero z’isoko rya Kimironko.

CIP Wellars Gahonzire yabwiye Taarifa Rwanda ko abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko kugira ngo bakurikiranwe kandi gushakisha abandi nabyo ngo birakomeje.

Polisi ishimira abaturage bagaragaje iki kibazo n’abagize uruhare mu ifatwa ry’abo bantu, ikibutsa abaturage gukomeza gutanga amakuru igihe cyose hari aho babonye abakora ibyo bikorwa by’ubujura.

Haba mu isoko cyangwa muri gare havugwa abantu bajya bashikuza abantu amasakoshi cyangwa ibintu bitwaje bakabijyana.

Abo bose Polisi ibaburira ko batazayicika.

Gahonzire ati: ” Abaturage bagirwa inama yo kwirinda guha imizigo abo batazi ngo babatwaze kuko usanga bamwe muri bo ari ibisambo byigira abakarani”.

Polisi ihumuriza abagana cyangwa abakorera mu masoko na gare zitandukanye mu mujyi wa Kigali n’ahandi hose mu gihugu ko umutekano wabo n’ibintu byabo urinzwe.

Gusa basabwa kwirinda guha icyuho abajura kandi bagatangira amakuru ku gihe kugira ngo abakekwaho ubujura bafatwe.

TAGGED:AbajurafeaturedIsokoKimironkoPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga
Next Article Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?