Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakekwaho Kwiba Ububiko Bwa Dubai Port Bafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Abakekwaho Kwiba Ububiko Bwa Dubai Port Bafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2025 12:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bakurikiranyweho kwiba
SHARE

Mu Murenge wa Ndera mu Kagari ka Rudashya, Umudugudu wa Nyakagezi Polisi yafatiwe abagabo batatu bari bamaze iminsi bashakishwa nyuma yo kwiba ibyuma by’igare byari mu makarito umunani bibye mu bubiko buri i Masaka bwitwa Dubai Port.

Polisi yabafatiye mu ngo zabo, bibwira ko ntawabamenye, irahabasanga irabafata.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police(CIP) Wellars Gahonzire avuga ko hari abandi bafatiwe mu Murenge wa Rutunga nawo wo mu Karere ka Gasabo bakaba bakurikiranyweho kwiba ibikoresho byo mu ngo z’abaturanyi.

Polisi ivuga ko babyibaga babanje gutobora inzu  mu gicuku abaturage bashyizweyo kubera ibitotsi.

Abafatiwe i Rutunga ni abasore bane bafatiwe mu Mudugudu wa Kabariza, Akagari ka Kabariza, bikavugwa ko bibaga bitwaje ibyuma byo kugirira nabi ubakomye imbere.

Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndera na Rutunga.

Ubujura burakenya…

Polisi y’ u Rwanda ivuga ko abakora ubujura baba bishyize mu kaga kuko bukenya.

Ivuga ko uwo ari we wese wumva ko azatungwa no kwiba yibeshya kuko azafatwa, agafungwa, akadindira mu iterambere.

Icyakora uru rwego rushimira abaturage batanga amakuru y’abakekwaho ubujura, bikarufasha kubashaka bagashyikirizwa ubutabera bityo bigatuma abaturage batekana mu rugero runaka.

Hari raporo zivuga ko bimwe mu byaha bikunze kugaragara mu rubyiruko mu Rwanda ari ubujura, gukubita no gukomeretsa.

Nibyo byagaruka kenshi kandi, igiteye impungenge, ni uko urubyiruko ari rwo rukunze kubigaragaramo.

Bivuze kandi ko abenshi mu bafungiwe ibyaha mu Rwanda bakatiwe bahamijwe ubujura cyangwa gukubita no gukomeretsa.

TAGGED:KigaliNderaPolisiubujuraUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gicumbi: Bafashwe Bacukura Zahabu Bitemewe
Next Article Kigali: Abahanga Bariga Uko Ibitera Abantu Indwara Byakumirwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yaguze Uwakiniraga Mukura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?