Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakinnyi 10 Muri 13 Bagize Ikipe Y’Uburundi Baburiwe Irengero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abakinnyi 10 Muri 13 Bagize Ikipe Y’Uburundi Baburiwe Irengero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2023 6:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Croatia aho hari bagiye bahagarariye ikipe y’igihugu cyabo ya Handball, abakinnyi 10 muri 13 bagize iyo kipe y’Uburundi babuze. Ntawamenye aho barengeye.

Kubera iyo mpamvu, hahise hanzurwa ko iyi kipe ivanywe muri ririya rushanwa yari isigaje gukinamo imikino ibiri.

Iyi kipe yari imwe muzihagarariye Afurika muri iryo rushanwa riri kubera Zagreb mu Murwa mukuru wa Croatia.

Ryatangiye taliki 02 rikazarangira taliki 13, Kanama, 2023.

Mu itsinda ryabwo rya H Uburundi bwarangije buri ku mwanya wa nyuma kuko ku mikino ya nyuma bwatsinzwe na Iran, butsindwa n’ibirwa bya Féroé ndetse Suède.

Byahise bibushyira mu itsinda rya kane ry’ikindi cyiciro cy’Igikombe cy’Isi cyiswe ‘President’s Cup.’

No muri iki cyiciro bwarahakubitiwe kubera ko bwatsinzwe na Argentine ibitego 39-25.

Hari kuwa Mbere, tariki ya 7, Kanama, 2023.

Bukeye bw’aho bwongera gutsindwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibitego 33-26.

Byatumye butangira guhatanira kuva ku mwanya wa 29 kugeza ku wa 32 aho muri iki cyiciro kuri uyu wa Kane taliki 10, Kanama, 2023 bwari guhura na Bahrain n’aho kuri uyu wa Gatanu taliki 11, Kanama, 2023 bugakina  na Nouvelle-Zélande.

Mu buryo bwari bwitezwe na benshi mu bakurikiranira hafi imigendekere y’amarushanwa y’uriya mukino, Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Handball ku Isi (IHF) yasohoye itangazo rivuga ko ‘u Burundi bwikuye mu mikino isigaye y’iki gikombe cy’Isi.’

Byahise byumvikana ko mu mukino wari kubuhuza na Bahrain butewe mpaga y’ibitego 10-0.

Ibyo byose kandi byaje byiyongera cyangwa bishingiye k’ukuba hari abakinnyi 10 b’iyi kipe baburiwe irengero nk’uko itangazamakuru ryo mu Burundi ribyemeza.

TAGGED:AbakinnyiBurundiCoatiaIkipeIrengero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urwego Rw’Igihugu Rw’Amakoperative Rwahawe Umuyobozi Mushya
Next Article Minisanté Irashaka Kongera Abiga Ubuvuzi Mu Gihe Ababukoramo Bataka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?