Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakobwa 20 Batsindiye Gukomeza Muri Miss Rwanda 2022
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Abakobwa 20 Batsindiye Gukomeza Muri Miss Rwanda 2022

Last updated: 27 February 2022 10:13 am
Share
SHARE

Irushanwa ryo gushaka Nyampinga w’u Rwanda w’umwaka wa 2022 rigeze ahashyushye, aho abakobwa 20 bagomba kujya mu mwiherero ubanziriza umunsi wa nyuma w’irushanwa bamaze kumenyekana.

Ni irushanwa rizerekana uzahabwa ikamba ubu ryambawe na Ingabire Grace, wabaye Miss Rwanda 2021 muri Werurwe y’umwaka ushize.

Ibirori byo gutoranya aba bakobwa 20 muri 70 bageze kuri iki cyiciro byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2020, i Gikondo ahazwi nka Expo Ground.

Buri mukobwa yahabwaga amahirwe yo kugera imbere y’akanama nkemurampaka, akivuga, akanavuga umushinga we nk’iturufu yizeye ko izamuhesha ikamba.

Abakobwa 20 bakomeje mu irushanwa ni Ruzindana Kelia [No 47], Nshuti Divine [No 44], Uwimanzi Vanessa [No 70], Bahali Ruth [No 3], Uwimana Marlene [No 69], Ikirezi Musoni Kevine [No 10], Mutabazi Isingizwe Sabine [No 38], Uwikuzo Marie Magnificat [No 67], Kayumba Darina [No 25] na Bahenda Umurerwa Arlette Amanda [55].

Abandi ni Kazeneza Marie Merci [No 26], Umuhoza Emma Pascaline [No 53], Keza Maolithia [No 27], Saro Amanda [No 48], Keza Melissa [No 28], Lynda Nkusi [No 43], Muringa Jessica [No 37], Ndahiro Mugabekazi Queen [No 42], Uwimana Jeannette [No 68] na Kalila Leila Franca [No 23].

Abagize akanama nkemurampaka batangaje abakobwa 18 barushije abandi, hiyongeraho babiri batowe cyane mu majwi yo kuri internet na SMS.

Akanama nkemurampaka kari kagizwe n’abantu batanu: Dr Higiro Jean Pierre, Fiona Muthoni, Ntazinda Marcel, Ingabire Egidie Bibio na Irizabimbuto Fidèle.

Biteganyijwe ko abakobwa 20 batoranyije batangira umwiherero kuri uyu wa Mbere muri La Palisse Hotel Nyamatank’uko bimaze igihe bigenda.

Bazamarayo ibyumweru bibiri bahabwa amasomo agendanye n’amarushanwa y’ubwiza, uburere mboneragihugu, indangagaciro z’umuco nyarwanda n’ibindi.

Bazaba bitegura irushanwa rizatanga Nyampinga w’u Rwanda mushya ku wa 19 Werurwe 2022.

Abakobwa 20 bakomeje mu irushanwa
TAGGED:featuredMiss Rwanda 2022
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo z’u Burusiya Zinjiye Mu Mujyi wa Kabiri Munini Muri Ukraine
Next Article Nta Mujugujugu Tutaraterwa – Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?