Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakobwa 20 Batsindiye Gukomeza Muri Miss Rwanda 2022
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Abakobwa 20 Batsindiye Gukomeza Muri Miss Rwanda 2022

admin
Last updated: 27 February 2022 10:13 am
admin
Share
SHARE

Irushanwa ryo gushaka Nyampinga w’u Rwanda w’umwaka wa 2022 rigeze ahashyushye, aho abakobwa 20 bagomba kujya mu mwiherero ubanziriza umunsi wa nyuma w’irushanwa bamaze kumenyekana.

Ni irushanwa rizerekana uzahabwa ikamba ubu ryambawe na Ingabire Grace, wabaye Miss Rwanda 2021 muri Werurwe y’umwaka ushize.

Ibirori byo gutoranya aba bakobwa 20 muri 70 bageze kuri iki cyiciro byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2020, i Gikondo ahazwi nka Expo Ground.

Buri mukobwa yahabwaga amahirwe yo kugera imbere y’akanama nkemurampaka, akivuga, akanavuga umushinga we nk’iturufu yizeye ko izamuhesha ikamba.

Abakobwa 20 bakomeje mu irushanwa ni Ruzindana Kelia [No 47], Nshuti Divine [No 44], Uwimanzi Vanessa [No 70], Bahali Ruth [No 3], Uwimana Marlene [No 69], Ikirezi Musoni Kevine [No 10], Mutabazi Isingizwe Sabine [No 38], Uwikuzo Marie Magnificat [No 67], Kayumba Darina [No 25] na Bahenda Umurerwa Arlette Amanda [55].

Abandi ni Kazeneza Marie Merci [No 26], Umuhoza Emma Pascaline [No 53], Keza Maolithia [No 27], Saro Amanda [No 48], Keza Melissa [No 28], Lynda Nkusi [No 43], Muringa Jessica [No 37], Ndahiro Mugabekazi Queen [No 42], Uwimana Jeannette [No 68] na Kalila Leila Franca [No 23].

Abagize akanama nkemurampaka batangaje abakobwa 18 barushije abandi, hiyongeraho babiri batowe cyane mu majwi yo kuri internet na SMS.

Akanama nkemurampaka kari kagizwe n’abantu batanu: Dr Higiro Jean Pierre, Fiona Muthoni, Ntazinda Marcel, Ingabire Egidie Bibio na Irizabimbuto Fidèle.

Biteganyijwe ko abakobwa 20 batoranyije batangira umwiherero kuri uyu wa Mbere muri La Palisse Hotel Nyamatank’uko bimaze igihe bigenda.

Bazamarayo ibyumweru bibiri bahabwa amasomo agendanye n’amarushanwa y’ubwiza, uburere mboneragihugu, indangagaciro z’umuco nyarwanda n’ibindi.

Bazaba bitegura irushanwa rizatanga Nyampinga w’u Rwanda mushya ku wa 19 Werurwe 2022.

Abakobwa 20 bakomeje mu irushanwa
TAGGED:featuredMiss Rwanda 2022
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo z’u Burusiya Zinjiye Mu Mujyi wa Kabiri Munini Muri Ukraine
Next Article Nta Mujugujugu Tutaraterwa – Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?