Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakora Nabi Ntibakagire Uwo Batera Ubwoba: Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abakora Nabi Ntibakagire Uwo Batera Ubwoba: Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2023 2:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yakiraga indahiro ya Dr. Jimmy Gasore wagizwe Minisitiri w’ibikorwaremezo, Perezida Kagame yamugiriye inama yo kuzaterwa ubwoba n’abantu bakora nabi.

Yamusabye kuzakomeza kuba amaso agakora akazi ke neza kandi akirinda guha umwanya abantu b’ingwizamurongo badatanga umusaruro.

Perezida Kagame yavuze ko ikibazo gikunze kubaho mu bayobozi ari uko utumye adakurikirana ngo arebe niba uwo yatumye yaratumitse.

Ati: “ Utuma umuntu ngo akore ibi nawe agatuma undi, uwo atumye nawe agatuma undi…Ubwo rero uwatumye mbere aba agomba gukurikirana ngo arebe ko abo yatumye batumitse.”

Yabwiye Dr Gasore ko ahawe ububasha bwo kuyobora abantu kandi ko abo bantu agiye kuyobora batagomba kumutera ubwoba.

Kagame yabwiye Minisitiri Dr. Jimmy Gasore ko abantu nk’abo yazajya abavuga bagashakirwa indi mirimo aho kugira ngo bamuvangire.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko aho u Rwanda rugeze rudakeneye abantu b’indangare bahora bavuga ko bibagiwe, ko ibyo bintu bidakwiye.

Dr. Jimmy Gasore ni umuhanga mu bugenge, akaba yaramaze igihe ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Siyansi n’ikoranabuhanga.

Muri Kaminuza yahigishaga ubumenyi bw’imiterere y’ikirere ‘atmospheric sciences, ibi akaba yarabiminujemo muri Kaminuza yo muri Amerika bita Massachusetts Institute of Technology( MIT) muri Gashyantare, 2018.

Mu mwaka wa 2013 yahawe kuyobora ikigo cy’u Rwanda kiga iby’imihindagurikire y’ikirere(Rwanda Climate Observatory), inshingano zacyo zikaba zirimo gukurikiranira hafi imiterere y’ikirere n’imihindagurikire yacyo, hakanareberwa hafi uko gihumana n’ibyakorwa ngo gicye.

Iki kigo gisanzwe gikorana na ya Kaminuza yizemo ari yo MIT mu mushinga wayo witwa Advanced Global Atmospheric Gases Experiment (AGAGE).

Nicyo kigo cyonyine gikorana na MIT muri Afurika kandi muri uwo mushinga.

TAGGED:featuredGasoreKagameKaminuzaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rufite Abacamanza 318
Next Article Uwahoze Ayobora Ikigo Cy’Amakoperative Yanze Kwitaba PAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?