Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2025 3:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bukuru bwa Banki Nkuru y’u Rwanda bwatangaje ko gukoresha amadovize mu buryo bwo kwishyurana mu batabyemerewe bizacika burundu mu gihe cy’amezi atandatu.

Hari abantu benshi bavugwaho kwishyurana ubukode bakoresheje amadolari, amayero n’andi mafaranga y’abanyamahanga.

Banki nkuru y’u Rwanda ivuga ko ibi akenshi biba mu Mujyi wa Kigali kandi bituma uko agaciro k’idorali kazamuka bigatuma ak’ifaranga ry’u Rwanda kagwa.

BNR yatangaje amabwiriza mashya y’imikoreshereze y’amadevize mu gihugu, arimo ibihano biremereye ariko akanemerera abishyura cyangwa bishyuza ibyatumijwe hanze cyangwa ibyoherejwe yo kubikora mu madevize.

Itegeka ko kwishyuza ibicuruzwa na serivisi mu madevize bibujijwe, kandi bihanwa n’amategeko cyeretse bikozwe nk’uko biteganyijwe mu mabwiriza rusange.

Amabwiriza mashya yatangajwe Tariki 30, Gicurasi, 2025, yongerewemo ingingo ya 20 ivuga ko kwishyuza cyangwa kwishyura mu madevize ibicuruzwa cyangwa serivisi byatanzwe cyangwa byatumijwe hanze y’igihugu byemewe.

Ingingo ya 34 y’ayo, igaragaza ko umuntu ushyiraho igiciro mu madevize iyo ari ku nshuro ya mbere ahanishwa ihazabu ya Miliyoni Frw 5 byaba ubwa kabiri agahanishwa Miliyoni Frw 10.

Iyo umuntu akoze ibikorwa by’ubucuruzi mu madevize, ahanishwa kwishyura 50% by’ayakoreshejwe muri icyo gikorwa ku nshuro ya mbere cyangwa akishyura 100% by’ayakoreshejwe iyo bisubiriye kuzamuka.

Ibyo bihano byishyurwa mu mafaranga y’u Rwanda, hakoreshejwe ikigereranyo cy’ivunjisha ryo ku munsi igihano cyafatiweho.

Icyakora, ubwo kuri uyu wa Kane Tariki 21, Kanama, 2025, BNR yamurikaga icyegeranyo cy’igihembwe k’ubukungu bw’igihugu, Guverineri wayo Soraya Hakuziyaremye yavuze ko abantu benshi bagiye bahindura kontaro zabo cyane cyane mu nyubako z’ubucuruzi kuko ariho icyo kibazo cyari cyiganje.

Hakuziyaremye ati: “Ubundi ifaranga ryemewe ni iry’u Rwanda, keretse mu bucuruzi bumwe na bumwe inzego zikorana n’abanyamahanga n’abohereza ibintu mu mahanga n’ababikurayo. Ubu turi kureba n’uburyo dusobanura neza ayo mabwiriza kugira ngo inzego zemerewe gukoresha amafaranga y’amahanga cyangwa amahoteli yemerewe n’izindi serivisi zijyanye n’ubukerarugendo zibimenye”.

Avuga ko hari ibiganiro n’inzego zitandukanye n’abikorera kugira ngo ibyo binozwe.

Ingingo ya 37 iha buri wese inshingano zo kumenyesha Banki Nkuru amakuru azi cyangwa yamenyeshejwe yerekeye ibikorwa byo kuvunja amadevize mu buryo butemewe.

TAGGED:BankifeaturedHakuziyaremyeSorayaUbucukuziUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine
Next Article Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?