Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2025 3:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bukuru bwa Banki Nkuru y’u Rwanda bwatangaje ko gukoresha amadovize mu buryo bwo kwishyurana mu batabyemerewe bizacika burundu mu gihe cy’amezi atandatu.

Hari abantu benshi bavugwaho kwishyurana ubukode bakoresheje amadolari, amayero n’andi mafaranga y’abanyamahanga.

Banki nkuru y’u Rwanda ivuga ko ibi akenshi biba mu Mujyi wa Kigali kandi bituma uko agaciro k’idorali kazamuka bigatuma ak’ifaranga ry’u Rwanda kagwa.

BNR yatangaje amabwiriza mashya y’imikoreshereze y’amadevize mu gihugu, arimo ibihano biremereye ariko akanemerera abishyura cyangwa bishyuza ibyatumijwe hanze cyangwa ibyoherejwe yo kubikora mu madevize.

Itegeka ko kwishyuza ibicuruzwa na serivisi mu madevize bibujijwe, kandi bihanwa n’amategeko cyeretse bikozwe nk’uko biteganyijwe mu mabwiriza rusange.

Amabwiriza mashya yatangajwe Tariki 30, Gicurasi, 2025, yongerewemo ingingo ya 20 ivuga ko kwishyuza cyangwa kwishyura mu madevize ibicuruzwa cyangwa serivisi byatanzwe cyangwa byatumijwe hanze y’igihugu byemewe.

Ingingo ya 34 y’ayo, igaragaza ko umuntu ushyiraho igiciro mu madevize iyo ari ku nshuro ya mbere ahanishwa ihazabu ya Miliyoni Frw 5 byaba ubwa kabiri agahanishwa Miliyoni Frw 10.

Iyo umuntu akoze ibikorwa by’ubucuruzi mu madevize, ahanishwa kwishyura 50% by’ayakoreshejwe muri icyo gikorwa ku nshuro ya mbere cyangwa akishyura 100% by’ayakoreshejwe iyo bisubiriye kuzamuka.

Ibyo bihano byishyurwa mu mafaranga y’u Rwanda, hakoreshejwe ikigereranyo cy’ivunjisha ryo ku munsi igihano cyafatiweho.

Icyakora, ubwo kuri uyu wa Kane Tariki 21, Kanama, 2025, BNR yamurikaga icyegeranyo cy’igihembwe k’ubukungu bw’igihugu, Guverineri wayo Soraya Hakuziyaremye yavuze ko abantu benshi bagiye bahindura kontaro zabo cyane cyane mu nyubako z’ubucuruzi kuko ariho icyo kibazo cyari cyiganje.

Hakuziyaremye ati: “Ubundi ifaranga ryemewe ni iry’u Rwanda, keretse mu bucuruzi bumwe na bumwe inzego zikorana n’abanyamahanga n’abohereza ibintu mu mahanga n’ababikurayo. Ubu turi kureba n’uburyo dusobanura neza ayo mabwiriza kugira ngo inzego zemerewe gukoresha amafaranga y’amahanga cyangwa amahoteli yemerewe n’izindi serivisi zijyanye n’ubukerarugendo zibimenye”.

Avuga ko hari ibiganiro n’inzego zitandukanye n’abikorera kugira ngo ibyo binozwe.

Ingingo ya 37 iha buri wese inshingano zo kumenyesha Banki Nkuru amakuru azi cyangwa yamenyeshejwe yerekeye ibikorwa byo kuvunja amadevize mu buryo butemewe.

TAGGED:BankifeaturedHakuziyaremyeSorayaUbucukuziUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?