Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakunda Umupira W’Amaguru Canal +Yongeye Yabashyize Igorora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abakunda Umupira W’Amaguru Canal +Yongeye Yabashyize Igorora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2022 1:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guhera kuri uyu wa Gatanu taliki 05, Kanama, 2022 Shampiyona ziri mu zikomeye kurusha izindi ku isi ziratangira. Ikigo Canal + gisanzwe gitanga serivisi z’itumanaho cyashyiriyeho abakiliya bacyo uburyo bwo gukomeza kuyireba kandi ku giciro kinogeye bose.

Kimwe mu by’ingenzi abakiliya basabwa gukora ni ukugura ifatabuguzi iryo basanganywe ritarashira kugira ngo bahabwe poromosiyo kuri iryo fatabuguzi rishya baguze.

Kugira ngo kugura ifatabuguzi bitazagorana, barasabwa kubikora bakimenya ko iyi gahunda ihari, bigakorwa mu rwego rwo kwirinda ko hazaba umubyigano muri system, bamwe bikabananira kandi nabo bari bafite ayo mahirwe.

Amakuru meza kandi ni uko Canal + iherutse kongera amasezerano yerekeranye n’uburenganzira bwo kwerekana Shampiyona zikomeye ku mugabane w’u Burayi harimo SERIE A yo mu Butaliyani, BUNDESLIGA yo mu Budage, LALIGA yo muri Espgane, LIGUE 1 yo mu Bufaransa, Shampiyona y’u Bwongereza, Premier League ndetse n’igikombe kiruta ibindi mu Burayi cya UEFA Champions League.

Andi makuru meza Canal + itanga ni uko umufatabuguzi mushya, azamanikirwa ibikoresho ku buntu.

Marie Claire Muneza, umukozi wa Canal + ushinzwe itumanaho

Ni ngombwa kumenya no kuzirakana ko ikigo Canal + Group ari yo ifite uburenganzira bwo kwerekana iyi mikino muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Ifite n’uburenganzira bwihariye mu Gifaransa mu bihugu bikoresha urwo rurimi.

Mu Bwongereza, Canal + izerekana imikino 380 yose iba mu mwaka w’imikino w’iyi Shampiyona, ndetse by’akarusho  muri Shampiyona ya LaLiga, ayo masezerano yemerera Canal + kujya yerekana buri munsi :

– Imikino itatu myiza muri LaLiga,

– Umwe mu mikino myiza cyane ya LaLiga SmartBank (icyiciro cya 2 muri Espagne)

– Inshamake za LaLiga World na LaLiga SmartBank.

Imikino yose izajya icishwa ku mashene ya Canal  + Sports, ndetse no kuri APP CANAL, yogezwa n’inzobere zikomeye muri siporo kuri Canal +.

Biratangira  guhera kuri uyu wa Gatanu, taliki 5 Kanama, 2022 aho abafatabuguzi ba CANAL + muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara bazashobora kubona umukino wa mbere wa Shampiyona yo mu Bwongereza hagati ya Crystal Palace na Arsenal.

Muri ariya masezerano kandi Canal + yishimira ko ari umufatanyabikorwa werekana imikino ya Premier League mu myaka itatu iri imbere ahantu hasanga  50, harimo mu Bufaransa, mu Busuwisi, muri Pologne, ​​muri Repubulika ya Tchèque, muri Slowakiya, muri  Vietnam no muri Haïti.

Canal + Group ni kompanyi iyoboye mu itangazamakuru no gucuruza amashusho.

Ikorera mu Burayi, Afurika ndetse no muri Aziya . Canal + Group ifite abafatabuguzi barenga miliyoni 23.7 ku isi yose, harimo miliyoni icyenda  z’Abafaransa.

Ifite ikigo gitunganya amashusho kitwa Studio Canal kiri mu bya mbere mu Burayi bitunganya amashusho neza kurusha ibindi.

Hejuru y’ibi kandi iki kigo kiragura, kikanakwirakwiza amafilimi n’ibiganiro by’uruhererekane harya no hino ku isi.

Iri imbere kandi mu gutanga amashene ya Televiziyo atandukanye harimo na Televiziyo z’igihugu nka C8, CNEWS, CSTAR ndetse n’ikigo gishinzwe kwamamaza.

CANAL+ Group ifitwe 100% n’ikigo kigari ku Isi mu itangazamakuru no gucuruza amashusho cya kitwa Group Vivendi.

TAGGED:Canal +IfatabuguziImikinoShampiyona
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Bashinja Gitifu Gukubita Umuturage Bikamuviramo Urupfu
Next Article RIB Mu Imurikagurisha Mpuzamahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?