Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abamotari ‘Bakomeje’ Kuvugwaho Gufasha Abakora Ibyaha, Polisi Irabaha Gasopo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Abamotari ‘Bakomeje’ Kuvugwaho Gufasha Abakora Ibyaha, Polisi Irabaha Gasopo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2021 3:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda irasaba abamotari kuzibukira ibikorwa bagaragaramo birimo gufasha abakora ibyaha babageza cyangwa babavana aho babikorera.

Ibi Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera yabibwiye Taarifa ubwo yagiraga icyo avuga bantu baherutse gufatirwa mu Karere ka Gakenke batwaye udupfunyika 1, 515 turimo urumogi. Aba bantu barimo abagore babiri.

Bivugwa ko bariya bantu bafashwe bari bafite gahunda yo kuza kurucuruza mu Mujyi wa Kigali.

Abapolisi bashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge bakorera mu Karere ka Gakenke bafashe kandi moto enye bivugwa ko zari izo kubafasha kugeza ruriya rumogi i Kigali.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gakenke Senior Superintendent of Police( SSP) Gaston Karagire avuga ko ruriya rumogi rwari urwa Florence Mukashema n’ubwo rwafatanywe na Nadia Mutoniwase.

Abo bantu uko ari batanu ko Kuri uyu wa mbere tariki ya 24 Gicurasi abapolisi bakorera mu Karere ka Gakenke bafashe  Mutoniwase Nadia w’imyaka 18, Mukashema Florence w’imyaka 32, Ngabonziza Emmanuel w’imyaka 27, Byiringiro Olivier w’imyaka 25 na Uwineza w’imyaka 25.

Aba bose bakomoka mu Karere ka Musanze mu mirenge itandukanye ,  bafatanwe udupfunyika tw’urumogi 1,515 bicyekwa ko bari bagiye kurucuruza  mu Mujyi wa  Kigali, muri iki gikorwa hanafashwe  moto 4 zarimo gukoreshwa mu gutwara abafite ruriya rumogi.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gakenke, Senior Superintendent of Police (SSP) Gaston Karagire yavuze ko urumogi rwafatanwe  Mutoniwase Nadia ariko  rwari urwa Mukashema Florence.

Mutoniwase avuga ko yari yahawe akazi na Mukashema  Florence kugira ngo arumujyanire mu bakiriya be mu Mujyi wa Kigali.

Abamotari bagira uruhare mu gutiza umurindi abanyabyaha…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yabwiye Taarifa ko hari abantu bafatwa nyuma bakaza kuvuga ko ibyaha bakora babifashwamo n’abamotari.

CP Kabera avuga ko abamotari bagira uruhare mu gukwirakwiza ibiyobyabwenge, bagaragara no mu gutwara magendu    ndetse no gutwara abajura batwaye ibyibano( agatanga urugero rw’abatwara ibyuma bireberwaho filime n’ibindi bita ‘flat screens’.

Yavuze ko hari igihe bamwe mu bamotari bagaragaye mu byaha birimo no gushikuza abagenzi ibintu batwaye birimo za telefoni n’ibindi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Kabera avuga ko icyaba kiza ku bamotari ari uko bareka kwishora muri biriya byaha kuko hari ababifatirwamo abantu bakabigwamo.

Ati: “Ubutumwa ni uko ibi bikorwa bihanwa n’ amategeko ku muntu ubyishoramo ndetse no gufatira ikinyabiziga.  Bagirwa inama  yo kutabyishoramo  mu buryo bwo kwirinda ingaruka zabyo.

Abafite umutima udashaka kwifatanya n’abakora ibyaha basabwa gukorana na Polisi bakajya bayiha amakuru.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera
TAGGED:AbamotarifeaturedGakenkeIbyahaKaberaPolisiRwandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amazina 10 Yahawe Abana Benshi Mu Rwanda Mu 2020
Next Article Umujyi Wa Kigali Ugiye Gushyirwamo Amagare Yihariye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?