Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abana Bafitanye Ikibazo N’Ubutabera Bashyiriweho Icyumba Kibafasha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abana Bafitanye Ikibazo N’Ubutabera Bashyiriweho Icyumba Kibafasha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2021 5:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rwafunguye icyumba abana bafitanye ikibazo n’ubutabera bazajya babarizwamo bisanzuye. Abagenzacyaha babihuguriwe bazajya babaza abana mu buryo bwa gihanga kugira ngo bavuge ikibarimo bisanzuye. Kiswe Child Friendly Space.

Ni icyumba cyashyizweho ku bufatanye bwa UNICEF na RIB. Icyumba cyafunguwe kiri Kicukiro.

Juliana Lindse uhagarariye UNICEF mu Rwanda avuga ko hari gahunda y’uko muri buri karere hazashyirwa icyumba nka kiriya n’ubwo byazafata igihe .

Lindse yasabye abo muri RIB kuzakora k’uburyo abana bazajya bahasanga abakozi bafite umutima mwiza kuko ngo umwana aba akeneye umwereka umutima mwiza.

Umunyamabanga  wa RIB wungirije Madamu Isabelle Kalihangabo avuga ko kugira icyumba nka kiriya ari ingirakamaro kuko bari barategereje ko bagira ubu buryo bwo kwita ku bana.

Ati: ” Ni icyumba kiza kuko kizadufasha gutuma abana bisanzura bakavuga ikibagoye iwabo kandi turateganya kuzagishyira no mu tundi turere.”

Madamu Isabelle Kalihangabo aganira n’abanyamakuru

Kalihangabo yashimiye ubufatanye buri hagati ya RIB na UNICEF.

Avuga ko hariya hantu umwana azajya ahavugira ibintu byazafasha mu rukiko kuko hari ubwo bagira ikibazo cyo kuvuga ibyabayeho.

Ngo biriya byumba bizafasha abana bafitanye ikibazo n’ubutabera ni ukuvuga abakurikiranyweho ibyaha, abakorewe ibyaha, cyangwa abashobora gutanga ubuhamya mu butabera.

Hari icyumba bacungiramo ibibera muri kiriya kigo kugira hatagira uhahungabanyiriza umutekano
TAGGED:AbanafeaturedIcyumbaKalihangaboRIBUNICEF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bufaransa n’u Burusiya Byatangiye Guhangana Bipfa Mali
Next Article Amafoto : Urubura Rwangije Imyaka Myinshi y’Abaturage i Rubavu, Impungenge Ni Zose
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?