Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abana Bari Mu Kaga Ko Kudakingirwa Indwara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abana Bari Mu Kaga Ko Kudakingirwa Indwara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2022 1:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS/WHO, ryatangaje ko mu mwaka wa 2021 abana bangana na miliyoni 25 hirya no hino ku isi batigeze bakingirwa izindi ndwara kubera ko isi yose yari ihangayikishijwe no gukingira COVID-19.

Kuba abana batarakingiwe ziriya ndwara byashyize ubuzima bwabo mu kaga kiyongereye kuri COVID-`19 n’ingaruka yateje zirimo n’ubukene.

OMS/WHO ivuga ko icyateye abantu kudakingiza abana babo higanjemo kutibutsa ababyeyi amataliki yo gukingiza abana bigaterwa n’uko abantu bari bahangayikishijwe na COVID-19 cyane kurusha ibindi byose.

Raporo ya OMS/WHO ivuga ko umubare w’abana bagombaga guhabwa inkingo eshatu zuzuye z’indwara nka Diphtérie, iyitwa Tétanos n’imbasa wamanutse ku kigero cya   86 % mu mwaka wa 2019, ukomeza kumanuka ugera kuri   81 % mu mwaka wa  2021.

Umuyobozi wa UNICEF ku rwego rw’isi witwa Cathérine Russell avuga ko iriya mibare yerekana ko ubuzima bw’abana mu myaka iri imbere buzaba buri mu kaga.

Ati: “ Ni ikimenyetso gitukura cyerekana ko ibintu bizaba bibi ku bana mu myaka iri imbere kandi hirya no hino ku isi. Ibyo twabonye mu myaka mike ishize ni ubwa mbere tubibonye mu myaka icumi.”

Mu mwaka wa 2021 abana bagera kuri Miliyoni 25 ntibakingiwe urukingo  rumwe cyangwa inkingo nyinshi.

Aba bana biyongereyeho abagera kuri miliyoni ebyiri ugereranyije n’uko byagenze mu mwaka wa 2020.

Ugereranyije n’umwaka wa 2019, ubona ko uriya mubare wiyongereyeho abana miliyoni esheshatu.

Mu bana miliyoni 25 babaruwe, abagera kuri miliyoni 18 nta rukingo na rumwe bahawe.

Abenshi muri bo biganje mu bihugu bikennye, ingero zabyo zitangwa zikaba u Buhinde, Nigeria, Indonésie, Éthiopie N’Ibirwa bya Philippines.

Iseru: Indwara yiyongereye cyane mu bana…

Mbere y’uko umwaka wa 2021 utangira, abahanga mu by’ubuzima bizeraga ko ababyeyi bazitabira gukingira abana babo ku bwinshi.

Icyakora ngo siko byagenze kubera ko ababyeyi bahise bahura n’ibibarangaza birimo kureba uko bakwiyubaka mu bukungu, abandi barangamira kwikingiza cyangwa gukingiza ababo COVID-19…biza gutuma hari indwara zirengagizwa.

Uku kwirengagizwa kwabaye hirya no hino ku isi.

Mu mwaka wa 2021 abana Miliyoni 24,7 ntibigeze bakingirwa iseru.

Biyongereyeho abana miliyoni eshanu ugeranyije n’uko imibare yaberekanaga mu mwaka wa 2019.

Andi makuru mabi ni uko hari abantu bagera kuri miliyari eshatu  z’abantu batuye isi batigeze bahabwa urukingo na rumwe rwa COVID-19.

TAGGED:AbanafeaturedInkingoIseruUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yagishije Museveni Inama Y’Uko Yakwivana Mu Bibazo
Next Article Batemye Urutoki Rw’Ushinzwe Umutekano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?