Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abana Barishwe Bashyirwa Mu Masanduku Bimenyekana Atejwe Cyamunara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abana Barishwe Bashyirwa Mu Masanduku Bimenyekana Atejwe Cyamunara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2022 3:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyo ukurikiranye amakuru y’ibibera ku isi, ubona ko ubumuntu mu bantu bugeze habi. Uretse abafitanye isano bicana, hari n’ibikorwa by’ubugome bikorwa n’abantu bafitanye isano ya kure cyangwa badafitanye isano na mba, ukabona ko nta bumuntu na buke bubirimo.

Hari abasoma inkuru z’ibibera mu Rwanda bakibwira ko ari ho haba ubwicanyi bukoranywe ubugome kurusha ahandi ku isi.

Baba bibeshya kuko urebye ‘ntaho bucyicyera!

Urugero nk’ubu muri New Zealand abapolisi baherutse gutabazwa nyuma y’uko abantu bari bagiye  kwishyura ibyitwaga ibicuruzwa muri cyamunara, batunguwe no gusanga mu masanduku hari harimo imirambo y’abana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni abana Polisi ya kiriya gihugu ivuga ko bari bafite hagati y’imyaka itanu n’imyaka icumi kandi bakaba bari bamaze igihe bishwe.

Bivugwa ko biciwe muri kimwe mu bihugu byo muri Aziya ariko bakaba bari bafite benewabo no muri New Zealand.

Bari barashyizwe mu masanduku angana mu bunini kandi ngo bari bayamazemo imyaka iri hagati y’itatu n’ine.

Nyuma yo gusanga abo bana mu masanduku abiri, Polisi yaje kumenya ko bari basanzwe bafite benewabo muri Aziya.

Umwe mu bagenzacyaha bo muri New Zealand witwa Inspector Tofilau Faamanuia Vaaelua avuga ko bataramenya niba bariya bana ari abahungu cyangwa abakobwa ndetse na benewabo bo muri New Zealand ntibaramenyekana.

- Advertisement -

Ati: “ Ubugenzacyaha buri gushakisha ngo hamenyekane abantu bose bagize uruhare mu rupfu rwa bariya bana.”

Vaaelu yabwiye The New Zealand Herald ko bari gukorana na Polisi mpuzamahanga ngo abantu bose bagize uruhare mu rupfu rwa bariya bana bazafatwe.

Yirinze kugira ibindi yongeraho, avuga ko bikiri mu iperereza.

Inspector Vaaelua yunzemo ko kugira ngo hazamenyekane ukuri kose ku bagize uruhare mu rupfu rwa bariya bana bizagorana kubera igihe gishize bishwe bagashyirwa muri ariya masanduku.

Hari gusuzumwa amafoto yose yafashwe na cameras(CCTV)  zo mu gace bariya bana babagamo kugira ngo harebwe niba hari abantu bashobora gukekwa ariko ikibazo gihari n’uko hashize igihe kirekire bibaye.

Wa mugenzacyaha yavuze ko igihe cyose bizasaba n’imbaraga zose bizafata, bazakurikirana iriya dosiye kugeza irangiye.

Abaturage bacyumva iby’iyi nkuru bacitse umugongo.

Abakiriye ariya masanduku akigera muri kiriya gice, bahise batoroka birinda ibibazo bya Polisi n’abanyamakuru.

Icyakora abakora mu kigo gitanga serivisi za cyamunara y’ibintu bivanwa ku migabane imwe bijyanwa ku yindi kitwa Safe Store Ltd bavuga ko bari gukorana na Polisi muri iri perereza.

TAGGED:AbanaCyamunaraIpererezaPolisiUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Al Shaabab Yongeye Gukora Ishyano Muri Somalia
Next Article Rwanda: Ababyeyi Batita Kubo Babyaye Basabiwe Ibihano Bishingiye Ku Itegeko
3 Comments
  • رژیم لاغری سریع says:
    21 August 2022 at 8:10 am

    I couldn’t refrain from commenting. Exceptionally
    well written!

    Reply
  • NBA 2k Mobile Codes August 2022 Free Energy Recharge says:
    21 August 2022 at 10:29 am

    I enjoy what you guys are up too. This kind of clever work and reporting!
    Keep up the very good works guys I’ve included you guys to my blogroll.

    Reply
  • leci 123 says:
    21 August 2022 at 11:07 am

    I just couldn’t go away your website before suggesting that I extremely enjoyed the usual information an individual provide
    for your visitors? Is gonna be back continuously in order to investigate cross-check new posts

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?