Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abana Bo Mu Mijyi Baratabarizwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Abana Bo Mu Mijyi Baratabarizwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 October 2024 2:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abana bakwiye kurindwa kumara igihe kirekire bareba TV(Ifoto@Dailymail)
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima, WHO, riratabariza abana bo mu mijyi hirya no hino ku isi kuko bamara igihe kirekire bari mu nzu bareba filimi bikabashyira mu byabo byo kurwara amaso hakiri kare.

Kumara igihe kirekire imbere y’ibyuma by’amashusho binaniza imboni z’abana zikazatangira gutakaza ubushobozi bwo kubona bakiri bato.

Uko bakura ni ko batakaza ubushobozi bwo kureba ibiri kure, bakarwara indwara bita myopia.

Myopia ni indwara ibuza umuntu kureba neza ibintu bimuri kure ariko akaba ashobora kureba neza ibimwegereye.

Ingaruka ni uko abana baba badashobora kureba neza ibyanditse ku kibaho bigira ho, cyangwa se ntibasome neza ibyapa.

Kudasoma neza ibyapa byo biba no ku bantu bakuru.

Buri wa Kane wa kabiri w’Ukwezi kw’Ukwakira, isi izirikana akamaro ko kwita ku maso no kuyarinda guhuma.

Abantu bashishikarizwa kuyasuzumisha, kuyagaburira imbuto n’imboga, kuyarinda icyayatokoza cyangwa kikayakomeretsa kandi bakabwirwa n’indi myitwarire ikwiriye umuntu ushaka kugira amaso mazima irimo no kwirinda itabi.

Indi nama abantu bakuru bahabwa ni ukureka inzoga kuko nazo zibuza amaraso arimo oxygen gutembera neza mu maso, umuntu ntabone.

Ku byerekeye abana, WHO ivuga ko mu mijyi ahenshi mu miryango yifite, hari abana bamara amasaha arenga atanu ku munsi bareba filimi.

Uretse kuba bibabuza umwanya wo kujya hanze ngo bahure n’urumuri rw’izuba[rw’ingirakamaro ku maso n’amagufa], kuguma igihe kirekire imbere y’ibyuma by’amashusho binaniza amaso yabo.

Ni amaso n’ubundi aba asanzwe yoroshye kuko iyo umuntu ataruzuza imyaka 18 y’amavuko ingingo ze zose ziba zoroshye.

Uzabibona umwana wawe navunika igufa. Mu gihe gito rizaba ryongeye ryafatanye mu gihe iryawe riramutse rivunitse rishobora no kutazigera na rimwe rikomera ukundi.

 Ababyeyi bagirwa inama yo guha abana rugari, bagasohoka hanze bagakina na bagenzi babo cyangwa ababarerera ku mashuri.

Gukinira hanze bimuha uburyo bwo kubana neza na bagenzi be kandi bikamurinda kubura urumuri rw’izuba rusanzwe ari ingirakamaro muri byinshi.

Mu gihe hari izuba ryinshi( hagati ya saa yine na saa cyenda z’amanywa) abana bakwiye kwambikwa ingofero z’urugara n’amadarubindi yirabura abarinda imirasire ikomeye y’izuba.

Ibi birushaho kuba ingenzi ku bana b’inzobe.

Ikindi gitangwaho inana haba ku bantu bakuru no ku bana ni ukujya bacishamo bakava imbere y’ibyuma by’ikoranabuhanga basomeraho cyangwa bakoreraho indi mirimo isaba gukoresha ubwonko.

Imibare ivuga ko ku isi hari abantu miliyari ebyiri(2) bafite ibibazo byo kutareba neza, ugasanga bamwe ntibabona ibibari kure mu gihe abandi bo batareba ibibari hafi.

Kutareba neza bituma abantu badatanga umusaruro mu kazi ku buryo WHO yabaze isanga icyo gihombi kigana na miliyari $411 buri mwaka.

TAGGED:AmasofeaturedImibareKurebaWHO
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyamasheke: Imbwa Z’Inyagasozi Zirica Amatungo Y’Abaturage
Next Article Rwanda: 15 Bakize Marburg 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?