Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 156 Bakomeje Kuburirwa Irengero Nyuma Yo Guhanukirwa n’Umuturirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 156 Bakomeje Kuburirwa Irengero Nyuma Yo Guhanukirwa n’Umuturirwa

admin
Last updated: 15 July 2021 6:18 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’agace ka Surfside muri Leta ya Florida muri Amerika bwatangaje ko abantu batanu bamaze gupfa naho 156 ntibaraboneka kuva ku wa Kane, ubwo inzu ya Champlain Towers yahanukaga mu gitondo cya kare, abantu bakiryamye.

Ni impanuka yabaye mu buryo bwihuse cyane kuko inzu 55 mu 136 zigize igice kimwe cy’iriya nyubako y’amagorofa 12, cyahanutse mu masegonda 12 gusa. Iriya nyubako isanzwe ituyemo abantu.

Abaturage bo mu gice cyasigaye gihagaze bavuga ko bumvise ari nk’inkuba ikubise, barebye hanze babona ivumbi ritumuka, igice kimwe cy’inzu cyageze ku butaka.

Meya wa Miami-Dade, Daniella Levine Cava, yabwiye itangazamakuru ko ibikorwa byo gushakisha ababa bapfuye no gutabara abagihumeka gikomeje.

Ntabwo icyatumye iyi nyubako iri ku nyanja ihanuka kiramenyekana.

Gusa raporo y’abahanga mu bwubatsi yo mu 2018 yagiye ahabona kuri uyu wa Gatandatu, yagaragaje ko inyubako yari ifite ikibazo cy’uko amazi yinjiraga munsi yayo akagumamo.

Indi nyigo yasohotse mu mwaka ushize y’umushakashatsi wo muri Kaminuza Mpuzamahanga ya Florida, yagaragaje ko ubutaka iyo nzu yubatseho bugizwe n’igishanga, mu binyacumi bitatu bishize bwikagaho milimetero ebyiri ku mwaka.

Gusa ngo iyo nyubako yagaragaraga inyuma nk’igikomeye.

Perezida Joe Biden yihanganishije abaturage bo mu gace ka Surfside iriya nzu iherereyemo, anizeza ubufasha bukenewe mu guhangana n’ingaruka z’iyi mpanuka.

Kugeza ubu hari ibihugu byinshi byatangaje ko byabuze abaturage babyo, bikekwa ko bari mu muyonga w’iriya nyubako.

Ibinyamakuru byo muri Israel byatangaje ko hari abaturage bayo bagera muri 20 baburiyemo, hakaba abandi 22 bo muri Argentina Venezuela, Uruguay na Paraguay.

Umuvandimwe w’umugore wa Perezida wa Paraguay, Silvana de Abdo Benítez hamwe n’umugabe we n’abana batatu, bari mu bataraboneka bari muri iyo nzu.

Iyo nyubako yubatswe ahagana mu 1980, yari igiye gukorerwa isuzumwa rijyanye n’imyaka 40.

Hari ibyari bikeneye kuvugururwa ngo yongere guhabwa icyangombwa, nk’uko amakuru abivuga.

Igice cy’iyi nyubako cyarahanutse
Harimo gukoreshwa uburyo bwose mu gushakisha abapfuye n’abagihumeka
Harimo no kwifashishwa imbwa zatojwe
Imiryango myinshi yacitsemo igikuba kubera iyi mpanuka

 

TAGGED:featuredFloridaIgorofaImpanuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FERWAFA Yabonye Perezida Mushya
Next Article U Rwanda Na RDC Bigiye Gufatanya Gukurikirana Ubucukuzi Bwa Zahabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?