Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 1,941 Bahitanywe N’Umutingito Wo Muri Haiti
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 1,941 Bahitanywe N’Umutingito Wo Muri Haiti

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2021 7:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibarura ry’abahitanywe n’umutingito uherutse kuba muri Haiti ryerekana ko bamaze kugera kuri 1,941 abandi 9,900 barakomeretse hasenyuka inzu 60,000. Ni umutingito wari ufite ubukana bungana na 7.2 ku gipimo cya Richter.

Igice kinini cyangirijwe nawo ni ikiri mu Murwa mukuru Port-au-Prince.

Abantu benshi bavuye mu ngo zabo barahunga, kandi hejuru yawo hiyongereyeho imvura nyinshi yateje inkangu n’imyuzure, iyi nayo ikaba ishobora kuzateza indwara.

Iby’uko uriya mwuzure ushobora guteza indwara byatangajwe n’Ikigo cy’Amerika gikurikirana iby’imiyaga ya serwakira kitwa The US National Hurricane Center.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Haiti iri mu bibazo bisa na wa mugani Abanyarwanda baca uvuga ko ‘uwarose nabi burinda bucya’.

Ibyago ifite muri iki gihe bije nyuma yo gupfusha Umukuru w’igihugu wishwe arashwe.

Ikindi ni uko atari ubwa mbere kiriya gihugu kibasiwe n’umutingito kuko no mu mwaka wa 2010 cyabayemo umutingito wari ufite ubukana bwa 7.0 ukaba warishe abantu 200,000 ugakura abaturage miliyoni 1.5 mu byabo.

Icyo gihe 60% by’ibikorwa remezo by’ubuzima byarasenyutse, amashanyarazi n’amazi meza nabyo birangirika k’uburyo Umuryango mpuzamahanga wakoze uko ushoboye ngo igihugu cyongere gusanwa bundi bushya.

Ibyamenyekanye kuri uriya mutingito:

- Advertisement -

Watangiye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 14, Kanama, 2021 utangira ufite ubukana bucye.

Mu buryo bwihuse wahise wongera ingufu.  Watangiye mu bilometero 10 mu bujyakuzimu, mu gace kitwa Saint-Louis du Sud.

Abantu bashobora kugerwaho n’ingaruka z’uyu mutingito ni abatuye hagati ya Kilometero 15 na Kilometero 50 uturutse aho umutingito watangiriye( bahita Epicenter mu Cyongereza).

Ni agace gatuwe n’abaturage bari hagati ya 234,222 n’abaturage 996, 458 uko ugenda witarura aho umutingito watangiriye.

TAGGED:HaitiPerezidaUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuhemu Bwa Bamwe Mu Banyarwanda Baba Muri Leta Yiyunze Y’Abarabu
Next Article Isomwa Ry’Urubanza Rwa Rusesabagina Ryimuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruto Yagiye Mu Bushinwa Kuganira K’Ubukungu

Igitaramo Cya The Ben Kizagongana N’Icya Pallaso Uzwi Cyane i Kampala

Kagame Yihanganishije Kiliziya Gatulika Ku Rupfu Rwa Papa Francis

Jorge Mario Bergoglio Wavuyemo Papa Francis Yakuranye Uburwayi

Papa Francis Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Meya Wa Nyanza Yafunzwe

Minisitiri W’Ingabo Yasabye Abifuza Kuzatera u Rwanda Gusubiza Amerwe Mu Isaho

Uhagarariye u Rwanda Muri Miss Africa Calabar Arasaba Gushyigikirwa

Imibereho Y’Abanyarwanda Mu Myaka Irindwi Ishize: Icyo Imibare Igaragaza

Uganda: Yiyemereye Ko Yashakaga Guhutaza Perezida Museveni

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Benin: Ishami Rya Al Qaeda Ryishe Abasirikare 70

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Ubutegetsi Bwaciye Ibikorwa Byose By’Ishyaka Rya Kabila 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Uburusiya Bwanzuye Guhagarika Intambara Na Ukraine Kuri Pasika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

M23 Isanga Kuba Kabila Yaje i Goma Nta Kibazo Kibirimo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?