Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 239 Bafatiwe Ku Musozi Wa Kanyarira, 10 Basangwamo COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abantu 239 Bafatiwe Ku Musozi Wa Kanyarira, 10 Basangwamo COVID-19

admin
Last updated: 18 July 2021 1:22 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyemeje ko abantu 10 muri 239 bafashwe barimo gusengera mu buryo butemewe n’amategeko ku musozi wa Kanyarira mu Karere ka Ruhango, basanzwemo COVID-19.

Kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa mbili za mu gitondo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego yafashe abantu 239 bo mu madini n’amatorero atandukanye, bateraniye mu masengesho banyuranije n’amabwiriza byo kurwanya COVID-19.

Barimo 70 bari baturutse mu Karere ka Muhanga n’abandi 169 bo mu Karere ka Ruhango.

Abapolisi babasanze bicaye begeranye cyane, bamwe batambaye agapfukamunwa ndetse nta mazi yo gukaraba mu ntoki aba aho hantu.

Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr. Nsanzimana Sabin, yabwiye RBA ko abo bantu 239  babapimye bagasanga 10 muri bo banduye COVID-19.

Yakomeje ati “Iyo abantu bahuye batazi uko bahagaze kandi wenda harimo abanduye, biba ari ugukwirakwiza ubwandu ku bwende.”

Mu bo basanze banduye harimo abanyeshuri batatu bitegura ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu kwaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, ubwo bari bababonye bari kuri uwo musozi.

Yibukije abaturarwanda ko iyo myifatire ishobora kubateza ibibazo byo kwanduzanya COVID-19, bityo uturere twabo tukaba natwo twashyirwa muri Guma mu Rugo.

Ati ”Ubu mu gihugu dufite uturere umunani n’Umuyi wa Kigali batangiye gahunda ya Guma mu Rugo. Iyi myitwarire y’abaturage bo mu Karere ka Muhanga na Ruhango ishobora guteza ibibazo icyari guma mu Karere kikaba cyahinduka Guma mu Rugo kubera ubwiyongere bw’ubwandu.”

Yibukije abaturage bari mu turere tutari muri gahunda ya Guma mu Rugo ko insengero zujuje ibisabwa zemerewe kwakira 30% by’abantu zisanzwe zakira, abasaba kubahiriza ayo mabwiriza aho kujya gusengera ahantu hatemewe.

Nsabyineza Bosco w’imyaka 42 uri mu bafashwe, yavuze ko babikoze babizi ko bitemewe, avuga ko babiterwa n’imyemerere.

Ati ”Tubiterwa n’imyemerere yo kumva ko nituza kuri uyu musozi gusenga ibyifuzo byacu bizasubizwa. Turabyemera ko COVID-19 ihari kandi yica, ntabwo tuzongera kurenga ku mabwiriza yo kuyirinda kandi tunasaba imbabazi abaturarwanda.”

Abafashwe baraganirijwe bongera kwibutswa ubukana bwa COVID-19 n’ingaruka zayo, bacibwa amande ndetse bategekwa kwipimisha, ari nabwo habonekagamo abanduye.

Abantu bafatiwe ku musozi wa Kanyarira bari begeranye cyane

 

 

 

TAGGED:COVID-19Dr Nsanzimana SabinfeaturedKanyariraPolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Yatangiye Kugoboka Abakeneye Ibiribwa Kubera Guma Mu Rugo
Next Article General Ndima Uyobora Kivu y’Amajyaruguru Yimuriye Icyicaro i Beni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?