Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 239 Bafatiwe Ku Musozi Wa Kanyarira, 10 Basangwamo COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abantu 239 Bafatiwe Ku Musozi Wa Kanyarira, 10 Basangwamo COVID-19

Last updated: 18 July 2021 1:22 pm
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyemeje ko abantu 10 muri 239 bafashwe barimo gusengera mu buryo butemewe n’amategeko ku musozi wa Kanyarira mu Karere ka Ruhango, basanzwemo COVID-19.

Kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa mbili za mu gitondo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego yafashe abantu 239 bo mu madini n’amatorero atandukanye, bateraniye mu masengesho banyuranije n’amabwiriza byo kurwanya COVID-19.

Barimo 70 bari baturutse mu Karere ka Muhanga n’abandi 169 bo mu Karere ka Ruhango.

Abapolisi babasanze bicaye begeranye cyane, bamwe batambaye agapfukamunwa ndetse nta mazi yo gukaraba mu ntoki aba aho hantu.

Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr. Nsanzimana Sabin, yabwiye RBA ko abo bantu 239  babapimye bagasanga 10 muri bo banduye COVID-19.

Yakomeje ati “Iyo abantu bahuye batazi uko bahagaze kandi wenda harimo abanduye, biba ari ugukwirakwiza ubwandu ku bwende.”

Mu bo basanze banduye harimo abanyeshuri batatu bitegura ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu kwaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, ubwo bari bababonye bari kuri uwo musozi.

Yibukije abaturarwanda ko iyo myifatire ishobora kubateza ibibazo byo kwanduzanya COVID-19, bityo uturere twabo tukaba natwo twashyirwa muri Guma mu Rugo.

Ati ”Ubu mu gihugu dufite uturere umunani n’Umuyi wa Kigali batangiye gahunda ya Guma mu Rugo. Iyi myitwarire y’abaturage bo mu Karere ka Muhanga na Ruhango ishobora guteza ibibazo icyari guma mu Karere kikaba cyahinduka Guma mu Rugo kubera ubwiyongere bw’ubwandu.”

Yibukije abaturage bari mu turere tutari muri gahunda ya Guma mu Rugo ko insengero zujuje ibisabwa zemerewe kwakira 30% by’abantu zisanzwe zakira, abasaba kubahiriza ayo mabwiriza aho kujya gusengera ahantu hatemewe.

Nsabyineza Bosco w’imyaka 42 uri mu bafashwe, yavuze ko babikoze babizi ko bitemewe, avuga ko babiterwa n’imyemerere.

Ati ”Tubiterwa n’imyemerere yo kumva ko nituza kuri uyu musozi gusenga ibyifuzo byacu bizasubizwa. Turabyemera ko COVID-19 ihari kandi yica, ntabwo tuzongera kurenga ku mabwiriza yo kuyirinda kandi tunasaba imbabazi abaturarwanda.”

Abafashwe baraganirijwe bongera kwibutswa ubukana bwa COVID-19 n’ingaruka zayo, bacibwa amande ndetse bategekwa kwipimisha, ari nabwo habonekagamo abanduye.

Abantu bafatiwe ku musozi wa Kanyarira bari begeranye cyane

 

 

 

TAGGED:COVID-19Dr Nsanzimana SabinfeaturedKanyariraPolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Yatangiye Kugoboka Abakeneye Ibiribwa Kubera Guma Mu Rugo
Next Article General Ndima Uyobora Kivu y’Amajyaruguru Yimuriye Icyicaro i Beni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?