Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 239 Bafatiwe Ku Musozi Wa Kanyarira, 10 Basangwamo COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abantu 239 Bafatiwe Ku Musozi Wa Kanyarira, 10 Basangwamo COVID-19

Last updated: 18 July 2021 1:22 pm
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyemeje ko abantu 10 muri 239 bafashwe barimo gusengera mu buryo butemewe n’amategeko ku musozi wa Kanyarira mu Karere ka Ruhango, basanzwemo COVID-19.

Kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa mbili za mu gitondo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego yafashe abantu 239 bo mu madini n’amatorero atandukanye, bateraniye mu masengesho banyuranije n’amabwiriza byo kurwanya COVID-19.

Barimo 70 bari baturutse mu Karere ka Muhanga n’abandi 169 bo mu Karere ka Ruhango.

Abapolisi babasanze bicaye begeranye cyane, bamwe batambaye agapfukamunwa ndetse nta mazi yo gukaraba mu ntoki aba aho hantu.

Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr. Nsanzimana Sabin, yabwiye RBA ko abo bantu 239  babapimye bagasanga 10 muri bo banduye COVID-19.

Yakomeje ati “Iyo abantu bahuye batazi uko bahagaze kandi wenda harimo abanduye, biba ari ugukwirakwiza ubwandu ku bwende.”

Mu bo basanze banduye harimo abanyeshuri batatu bitegura ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu kwaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, ubwo bari bababonye bari kuri uwo musozi.

Yibukije abaturarwanda ko iyo myifatire ishobora kubateza ibibazo byo kwanduzanya COVID-19, bityo uturere twabo tukaba natwo twashyirwa muri Guma mu Rugo.

Ati ”Ubu mu gihugu dufite uturere umunani n’Umuyi wa Kigali batangiye gahunda ya Guma mu Rugo. Iyi myitwarire y’abaturage bo mu Karere ka Muhanga na Ruhango ishobora guteza ibibazo icyari guma mu Karere kikaba cyahinduka Guma mu Rugo kubera ubwiyongere bw’ubwandu.”

Yibukije abaturage bari mu turere tutari muri gahunda ya Guma mu Rugo ko insengero zujuje ibisabwa zemerewe kwakira 30% by’abantu zisanzwe zakira, abasaba kubahiriza ayo mabwiriza aho kujya gusengera ahantu hatemewe.

Nsabyineza Bosco w’imyaka 42 uri mu bafashwe, yavuze ko babikoze babizi ko bitemewe, avuga ko babiterwa n’imyemerere.

Ati ”Tubiterwa n’imyemerere yo kumva ko nituza kuri uyu musozi gusenga ibyifuzo byacu bizasubizwa. Turabyemera ko COVID-19 ihari kandi yica, ntabwo tuzongera kurenga ku mabwiriza yo kuyirinda kandi tunasaba imbabazi abaturarwanda.”

Abafashwe baraganirijwe bongera kwibutswa ubukana bwa COVID-19 n’ingaruka zayo, bacibwa amande ndetse bategekwa kwipimisha, ari nabwo habonekagamo abanduye.

Abantu bafatiwe ku musozi wa Kanyarira bari begeranye cyane

 

 

 

TAGGED:COVID-19Dr Nsanzimana SabinfeaturedKanyariraPolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Yatangiye Kugoboka Abakeneye Ibiribwa Kubera Guma Mu Rugo
Next Article General Ndima Uyobora Kivu y’Amajyaruguru Yimuriye Icyicaro i Beni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?