Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 4.3% Mu Bapimwe COVID-19 Kuri Pasika Bayisanzwemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Abantu 4.3% Mu Bapimwe COVID-19 Kuri Pasika Bayisanzwemo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 April 2021 11:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yagaragaje ubwandu buri hejuru bwa COVID-19, abanduye benshi baboneka mu Ntara y’Amajyepfo by’umwihariko mu turere twa Huye, Gisagara, Ruhango na Nyaruguru.

Iyi minisiteri yerekanye ko ijanisha ku bandura ryabaye 4.3% kuri iki Cyumweru, mu gihe ku wa Gatandatu ryari 1.2%, naho ku wa Gatanu ryari 3%. Ku wa Kane ryari 1.6%.

Imibare yatangajwe kuri iki Cyumweru cya Pasika yagaragaje ko mu bantu 5500 bapimwe COVID-19 yatahuwe mu bantu 239, mu gihe abakize ubwo burwayi ari 47.

Umubare munini w’abasanzwemo uburwayi ni abo mu Ntara y’Amajyepfo yihariye abarwayi 220 bangana na 92% by’abarwayi bose babonetse. Barimo 90 b’i Huye, 95 b’i Gisagara, 23 bo mu Ruhango, 18 b’i Nyaruguru, 8 b’i Nyanza na 6 b’i Nyamagabe.

Ni mu gihe mu Mujyi wa Kigali wose habonetsemo abarwayi 7 gusa, Intara y’Iburasirazuba ibonekamo 8 mu Turere twa Rwamagana (2), Bugesera (5) na Kayonza (1). Mu Ntara y’Iburengerazuba habonetseyo 4 bo mu Turere twa Rutsiro (1), Rubavu (1) na Rusizi (2).

Nta murwayi byatangajwe ko yabonetse mu Ntara y’Amajyaruguru.

Kugeza ubu mu Rwanda abantu bamaze kwandura COVID-19 ni 22.482, abamaze gukira ni 20.519 bangana na 91.2% by’abanduye bose. Abamaze gupfa ni 311.

TAGGED:COVID-19featuredPasika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Misiri, Sudan Na Ethiopia Byahuriye Mu Biganiro i Kinshasa
Next Article Abageni Basoreje Ubukwe Muri Stade Bazira Kwica Amabwiriza Yo Kurwanya COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?