Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 40 Mu Rwanda Bari Kongererwa Umwuka Kubera COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abantu 40 Mu Rwanda Bari Kongererwa Umwuka Kubera COVID-19

admin
Last updated: 22 June 2021 3:30 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yatangaje ko abantu 40 bari mu bitaro ku buryo bakeneye kwitabwaho mu buryo bwihariye, barimo batandatu barembye kubera icyorezo cya COVID-19.

Imibare y’abanduye mu Rwanda irimo kuzamuka cyane kugeza ubwo kuri uyu wa Mbere habonetse abarwayi bashya 622, ari nabo benshi bamaze kuboneka ku munsi umwe. Barimo 305 bo mu Mujyi wa Kigali.

Minisitiri Ngamije yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko imibare y’abanduye irimo kuzamuka cyane guhera mu byumwru bitatu bishize, ku buryo ubwandu burimo gukwirakwira mu gihugu hose.

Ati “Muri Kigali twari tumaze kubona ko imibare iri kuzamuka muri ibi byumweru bitatu, Rubavu, Musanze, ariko ikindi kigaragara muri iyi minsi ibiri ishize ni uko no mu Ntara y’Iburasirazuba aho twakekaga ko hatari abantu benshi, naho byagaragaye ko mu Karere ka Nyagatare, muri Kirehe na Ngoma hari abantu bagaragayeho ubwandu bwa COVID-19.”

“Bivuze ko ni kibazo gisa n’aho kiri mu turere twose, imibare wenda iratandukanye, hari ahibasiwe kurusha ahandi ariko ishusho ni iyo nginyo.”

Mu gihe abanduye bakomeza kwiyongera, Minisitiri Ngamije yavuze ko n’abarembye nabo biyongera. Ni imibare ngo igaragarira mu Bitaro bya Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, byakirirwamo abarwaye COVID-19.

Dr Ngamije ati “Mu gihe cy’ibi byumweru bitatu twavuye ku barwayi 20 twari dufite muri biriya bitaro, ubu tugeze ku barwayi 100 dufite mu bitaro, ariko abari gukurikiranwa by’umwihariko kubera ko wenda bari guhabwa nk’umwuka ni abarwayi 40.”

“Nabo barimo, navuga nka batandatu ko ari bo barembye cyane muri abongabo bari guhabwa umwuka. Ni ikigaragaza ko icyorezo kirahari, abantu dukwiriye gufata ingamba zikomeye.”

Dr Ngamije yavuze ko nubwo ubwandu burimo kuzamuka cyane, nta kigaragaza ko birimo guterwa na coronavirus yihinduranyije, gusa icyemezo ntakuka kikazafatwa mu cyumweru gitaha.

Mu rwego rwo gukumira izamuka ry’ubwandu, guhera kuri uyu wa Gatatu abantu ntabwo bemerewe kurenga Akarere barimo.

Ibikorwa by’ubucuruzi kandi bigomba kujya bifunga saa kumi n’ebyiri, ubundi ntibarenze saa moya z’ijoro bataragera mu rugo.

TAGGED:COVID-19Dr Daniel NgamijefeaturedNyarugenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nta Makuru Y’Uko Mu Rwanda Hari Ubwoko Bushya Bwa COVID-19: Minisitiri Ngamije
Next Article ‘Ingabo Z’Amahanga’ Zaje Kwigira Ku Ngabo Z’U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?