Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 60 Barimo Abanduye Covid-19 Bafashwe Basengera Mu Rugo Rw’Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abantu 60 Barimo Abanduye Covid-19 Bafashwe Basengera Mu Rugo Rw’Umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 May 2021 11:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki ya 8 Gicurasi, ahagana saa sita z’amanywa yafatiye abantu 60 mu nzu y’umuturage w’imyaka 80, barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Nyuma yo gusuzuma abo bantu, byagaragaye ko umunani muri bo bafite ubwandu bwa COVID-19.

Bafatiwe mu  mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Rubengera, ku bufatanye n’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage.

Aba bose bafashwe basengera mu itorero ryitwa Abatampera ryitandukanyije n’itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi.

Ntabwo ari ubwa mbere bafashwe barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19. Ni inshuro ya gatatu.

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukase Valentine, yabwiye abafashwe ko gusenga binyuranye n’amabwiriza yo kurwanya Covid-19 bitemewe.

Ati “Mu gihugu hose ubwandu bwa Covid-19 bukomeje kugenda bugaragara ndetse harimo n’abapfa, kandi Akarere ka Karongi ni kamwe mu turere turi ku isonga tugaragaramo ubwandu.”

“Igihe kirageze ko muhindura imyumvire mukubahiriza amabwiriza yashyizweho, kuko umuntu umwe ashobora kubanduza mwese namwe mukanduza abandi.”

Kariya Karere karimo ubwandu bwinshi, ku buryo Umurenge wa Bwishyura uheruka gushyirwa muri Guma mu rugo.

Umuyobozi wa Polisi w’umusigire mu Karere ka Karongi, CIP Jean Bosco Habihirwe, avuga ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru bahawe n’abaturage.

Yagize ati “Twahawe amakuru n’abaturage mu masaha ya saa sita ko mu rugo rw’uriya mukecuru harimo abantu barimo gusenga, twaragiye dusangamo abantu 60 barimo abana bato barindwi bicaye begeranya, barimo gusenga.”

CIP Habihirwe akomeza avuga ko abapolisi bahageze abo bantu bakomeza gusenga, bababwira ko batasoka mu nzu isabato itarangiye, saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Nyuma baje kwemera gusohoka bajya gupimwa, biza kugaragara ko umunani muri abo bantu banduye COVID-19.

CIP Habihirwe yaburiye abarenga nkana ku mabwiriza Leta yashyizeho yo kurwanya ikwirakwizwa rya Covid-19, ko bakwiye kubihagarika bagasengera mu nsengero zemewe, kugira ngo barinde ubuzima bwabo n’ubw’abandi.

Aba umunani banduye COVID-19 bahise bajyanwa kwitabwaho ku kigo nderabuzima cya Mwendo, mu gihe 45 bahise basabwa kujya mu kato mu ngo zabo, bakazasubira gupimwa harebwa niba bataranduye.

TAGGED:COVID-19featuredKarongi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kalindari Y’Abanyarwanda Ba Kera, Mubazi(Calculator)Ya Mbere Mu Mateka…
Next Article Inkoramutima Za Bobi Wine Muri Politiki Ahanganyemo Na Museveni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?