Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 655 Bishwe n’Impanuka Zo Mu Muhanda Mu 2021
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu 655 Bishwe n’Impanuka Zo Mu Muhanda Mu 2021

admin
Last updated: 08 February 2022 12:14 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangiye igikorwa cyo kwibutsa no kwigisha abanyamaguru uburyo bwiza bwo gukoresha imihanda, mu rwego rwo gukumira impanuka zahitanye abantu 655 mu mwaka ushize wa 2021.

Polisi yavuze ko mu bishwe n’impanuka harimo abanyamaguru 225, hakomereka bikomeye 175 mu bantu 684 bakomeretse bikomeye naho abanyamaguru 1262 bakomereka byoroheje mu bantu 5244 bakomeretse byoroheje.

Yakomeje iti “Muri Mutarama 2022 byagaragaye ko impanuka zakomeje kubaho, aho abanyamaguru 12 bamaze guhitanwa nazo, aho zimwe zatewe n’imyitwarire yabo mu muhanda ndetse n’abandi bakoresha umuhanda.”

“Guhera uyu munsi abapolisi baraba bari mu mihanda itandukanye yo mu Mujyi wa Kigali bibutsa ndetse banigisha abanyamaguru uburyo bwo gukoresha umuhanda. Ubu bukangurambaga buzanakomereza no mu Ntara. Umutekano w’abanyamaguru ni inshingano za buri wese.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu mwaka wa 2019 abantu bishwe n’impanuka bari 739, mu 2020 zica abantu 687 nubwo hari igihe kinini cyashize abantu batemerewe kuva mu ngo kubera icyorezo cya COVID-19.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda ACP Gerard Mpayimana, aheruka kuvuga ko hakomeje gufatwa ingamba zituma impanuka zihitana abantu zigabanyuka.

Ati “Biterwa n’ikoranabuhanga ryagiyemo, utugabanyamuvuduko, izi za kamera, kandi na mbere y’uko izi ziza hari izindi twari dufite zitwarwa mu ntoki ariko zitisumbuye nk’izi. Ibyo bikorwa by’ikoranabuhanga bizamo nibyo bigenda bitunganya umutekano wo mu muhanda, ntekereza ko abanyarwanda bakwiye kubishyigikira kuko sitwe ba mbere tubikoze.”

Mu mezi icumi abanza y’umwaka wa 2021, impanuka zari zimaze guhitana ubuzima bw’abantu 548. Abandi 107 bapfuye mu mezi abiri ya nyuma asoza uwo mwaka.

TAGGED:featuredImpanukaPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Umunani Bari Bimuriwe Muri Niger Basubijwe i Arusha
Next Article Domitien Ndayizeye Wayoboye u Burundi Yashyizwe Mu Nteko Y’Inararibonye Z’Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?