Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 655 Bishwe n’Impanuka Zo Mu Muhanda Mu 2021
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu 655 Bishwe n’Impanuka Zo Mu Muhanda Mu 2021

Last updated: 08 February 2022 12:14 pm
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangiye igikorwa cyo kwibutsa no kwigisha abanyamaguru uburyo bwiza bwo gukoresha imihanda, mu rwego rwo gukumira impanuka zahitanye abantu 655 mu mwaka ushize wa 2021.

Polisi yavuze ko mu bishwe n’impanuka harimo abanyamaguru 225, hakomereka bikomeye 175 mu bantu 684 bakomeretse bikomeye naho abanyamaguru 1262 bakomereka byoroheje mu bantu 5244 bakomeretse byoroheje.

Yakomeje iti “Muri Mutarama 2022 byagaragaye ko impanuka zakomeje kubaho, aho abanyamaguru 12 bamaze guhitanwa nazo, aho zimwe zatewe n’imyitwarire yabo mu muhanda ndetse n’abandi bakoresha umuhanda.”

“Guhera uyu munsi abapolisi baraba bari mu mihanda itandukanye yo mu Mujyi wa Kigali bibutsa ndetse banigisha abanyamaguru uburyo bwo gukoresha umuhanda. Ubu bukangurambaga buzanakomereza no mu Ntara. Umutekano w’abanyamaguru ni inshingano za buri wese.”

Mu mwaka wa 2019 abantu bishwe n’impanuka bari 739, mu 2020 zica abantu 687 nubwo hari igihe kinini cyashize abantu batemerewe kuva mu ngo kubera icyorezo cya COVID-19.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda ACP Gerard Mpayimana, aheruka kuvuga ko hakomeje gufatwa ingamba zituma impanuka zihitana abantu zigabanyuka.

Ati “Biterwa n’ikoranabuhanga ryagiyemo, utugabanyamuvuduko, izi za kamera, kandi na mbere y’uko izi ziza hari izindi twari dufite zitwarwa mu ntoki ariko zitisumbuye nk’izi. Ibyo bikorwa by’ikoranabuhanga bizamo nibyo bigenda bitunganya umutekano wo mu muhanda, ntekereza ko abanyarwanda bakwiye kubishyigikira kuko sitwe ba mbere tubikoze.”

Mu mezi icumi abanza y’umwaka wa 2021, impanuka zari zimaze guhitana ubuzima bw’abantu 548. Abandi 107 bapfuye mu mezi abiri ya nyuma asoza uwo mwaka.

TAGGED:featuredImpanukaPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Umunani Bari Bimuriwe Muri Niger Basubijwe i Arusha
Next Article Domitien Ndayizeye Wayoboye u Burundi Yashyizwe Mu Nteko Y’Inararibonye Z’Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

You Might Also Like

Imikino

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?