Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Babiri Bakurikiranyweho Kunyereza Imisoro Irenga Miliyoni 40 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abantu Babiri Bakurikiranyweho Kunyereza Imisoro Irenga Miliyoni 40 Frw

admin
Last updated: 31 August 2021 2:49 pm
admin
Share
Aba bagabo bitanye ba mwana
SHARE

Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho guhimba imashini zisohora inyemezabuguzi z’ikoranabuhanga zimenyerewe nka EBM, bakazifashisha mu mugambi wabafashije kunyereza imisoro irenga miliyoni 40 Frw.

Abo bagabo babiri ntibavuga rumwe kuri icyo cyaha bakurikiranyweho.

Umwe muri bo yabwiye itangazamakuru ko yari asanzwe akora akazi ko gufungura ibigo by’ubucuruzi kuri internet, akabifungura biri kumwe na ‘EBM yabyo.’

Ati “Abacuruzi bampamga nomero z’irangamuntu nkagenda nkabafungurira kampani zikazana na EBM zazo, nkazibaha. Uyu munsi kuba mpagaze hano ni uko nafashwe nari ngiye gufungura indi kampani y’umucuruzi turi kumwe hano. Yari iya gatatu nari ngiye kumufungurira.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu mizo ya mbere ngo yazifunguraga azi ko ari ibigo by’ubucuruzi, atazi ko ari ibyo abantu bakoresha ngo babone za EBM z’inkorano, zitagira aho zanditse.

Yemeza ko yaje gutungurwa no gusanga bya bigo yafunguye nta hantu byasoreraga Leta.

Yatangaje ko ibyo akazi ko gufungura biriya bigo yabitangiye muri uyu mwaka muri Werurwe 2021, kandi ngo yakoranaga n’umugabo bafatanywe.

Uwo avuga ko ari Sebuja ariko yamwihakanye.

Uwo mugabo ufite iduka ry’ibikoresho by’ubwubatsi mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko uyu umushinja ubutekamutwe atari umuntu basanzwe baziranye, ahubwo yari umukiliya we usanzwe.

- Advertisement -

Ngo baraganiriye amubwira ko hari fagitire ajya asagura, ko bavugana akajya agira izo amuhaho, akazimenyekanisha bakamugabanyiriza imisoro.

Ati “Nta bundi buryo twigeze dukoranamo na we. Twakoranye gutyo, akaza akampa izo fagitire. Twakoranye nk’ibihembwe bitatu ariko sinibuka amafaranga ayo ariyo, ariko wenda ashobora kugera muri miliyoni 40 Frw.”

Avuga ko atigeze ategeka uriya mugabo ngo ajye akorana na we mu buryo buhoraho.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissionner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko ibyo bariya bacuruzi bakoze bidakwiye, kandi n’abandi bibwira ko banyereza imisoro ntibafatwe, bibeshya.

Ati “Twe nka Polisi kimwe mu byo dushinzwe ni ugushaka amakuru tukayasesengura, twasanga atuzuye tugashakiraho andi kugeza igihe tuzafata umuntu dukurikiranyeho icyaha. Abibwira ko bazakora ibyaha bakihisha ubuziraherezo, nta shingiro bafite.”

TAGGED:AbacuruziEBMfeaturedImisoroKaberaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article EU Yemeje Ko 70% By’Abantu Bakuru Bamaze Gukingirwa COVID-19
Next Article Gukingira COVID-19 Abarengeje Imyaka 18 Mu Mujyi wa Kigali Byasubukuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?