Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Bane Bakekwagaho Kwica Perezida Wa Haïti Bishwe Barashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu Bane Bakekwagaho Kwica Perezida Wa Haïti Bishwe Barashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2021 8:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi wa Polisi ya Haïti yatangaje ko abantu bane bafashwe bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida wa kiriya gihugu barashwe nyuma yo gushaka gucika.

Perezida Jovenel Moïse yishwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri n’abantu bivugwa ko bari bafatanyije  n’abandi bavugaga Ikisipanyolo.

Umuvugizi wa Polisi ya kiriya gihugu witwa Léon Charles yaraye abwiye abanyamakuru ko babiri mu bakekwaho buriya bwicanyi bafashwe rugikubita, abandi babiri bafatwa nyuma y’aho.

Polisi ivuga ko nyuma y’uko Umukuru wa kiriya gihugu yishwe hahise hatangira iperereza rigamije gufata ababigizemo uruhare.

Ambasaderi wa Haïti muri Amerika yabwiye itangazamakuru ko umupaka w’igihugu cye na Repubulika ya Dominikani ufunzwe.

Uyu mugabo witwa Edmond avuga ko amashusho yafashwe na cameras zihishe yerekana ko abantu bishe Perezida wa Haïti bagomba kuba bari mu  ishami ry’Ikigo cy’Amerika rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryitwa U.S. Drug Enforcement Agency.

Kugeza ubu Minisitiri w’Intebe  Claude Joseph niwe uri kuyobora igihugu.

Umugore wa Perezida wa Haïti witwa Martine Moïse wakoremekejwe n’amasasu bivugwa ko muri iki gihe ari koroherwa.

Perezida wa Haiti ari kumwe n’umugore we
TAGGED:AmerikafeaturedHaitiPerezidaUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagore Babiri B’I Huye ‘Basindishije’ Umugabo Bamwiba Frw 300 000
Next Article Uwayoboraga Maï-Maï Yatawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?