Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatarikingije COVID-19 Bashobora Kuzakumirwa Henshi Muri Kigali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abatarikingije COVID-19 Bashobora Kuzakumirwa Henshi Muri Kigali

Last updated: 12 August 2021 4:31 pm
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije yavuze ko hari abantu batarimo kwikingiza COVID-19 kandi bafite amahirwe yo kubikora, aca amarenga ko mu minsi iri imbere hari ahantu henshi batazaba bemerewe kujya.

Yavuze ko u Rwanda rurimo kubona inkingo nyinshi za Pfizer hafi buri cyumweru, ndetse mu minsi iri imbere ruzakira izisaga 200,000 za Sinopharm, urukingo rukorerwa mu Bushinwa.

Muri iki gihe ngo harimo gukingirwa abantu barengeje imyaka 40 n’abandi bakora imirimo ituma bahura n’abantu benshi haherewe mu Mujyi wa Kigali, ndetse no mu ntara birakorwa nubwo bitari ku rwego nk’urwo mu mujyi.

Minisitiri Ngamije yaburiye abantu batarimo kubyaza umusaruro amahirwe bafite yo kwikingiza.

Yagize ati “Hari abakozi usanga bavuga bati ‘nzaba njyayo ejo’, ugasanga umukoresha na we ntabishyizemo ingufu, ariko ikigaragara ni uko igihe kizagera tujye twibutsa abantu tuti ‘ariko wari ukwiriye kuza hano hantu warakingiwe, kuko kuza utarakingiwe twaraguhaye amahirwe yo gukingirwa, uri kuza guteza ibyago bagenzi bawe ahangaha.”

“Abantu rero begutegereza uwo munsi tuzashyiraho iryo tangazo ko nta we ujya ku kazi, nta we ujya ku isoko atagaragaje ko yakingiwe, kuko amahirwe yo gukingirwa muri Kigali arahari, n’ahandi kandi niho bigana, mu turere bekugira ngo bazacikanwa. Inkingo turi kuzishaka kandi zizaboneka, hose tuzahagera duhereye ahantu hakunda kugaragara ubwandu.”

Si ibyo mu Rwanda gusa. Mu bihugu byinshi abantu bakingiwe COVID-19 ntabwo barimo guhabwa ubwisanzure bungana n’ubw’abatarakingirwa, haba mu ngendo zijya mu mahanga, mu mashuri, kwitabira ibikorwa bihuza abantu benshi, kujya mu tubari n’ibindi.

Kugeza kuri uyu wa Gatatu abaturarwanda bamaze gukingirwa bari ibihumbi 729, barimo abantu ibihumbi 48 bakingiwe kuri uyu wa Gatatu.

Intego ni ugukingira hejuru ya 60 ku ijana by’abaturarwanda mbere y’uko umwaka wa 2022 urangira.

Minisitiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije
TAGGED:COVID-19Dr Daniel NgamijefeaturedPfizerSinopharm
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakiriye Hailemariam Desalegn
Next Article Abayobozi Hafi 500 Bahaniwe Kurenga Ku Mabwiriza Yo Kurwanya COVID
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?