Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Batanu Bafashwe Bavuye Kurangura Kanyanga Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu Batanu Bafashwe Bavuye Kurangura Kanyanga Muri Uganda

admin
Last updated: 14 May 2021 12:02 am
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi yafashe abantu batanu bakekwaho kwinjiza mu Rwanda ikiyobyabwenge cya kanyanga, bakivanye muri Uganda.

 

Abo bantu bagize itsinda rizwi nk’abarembetsi bafatanywe litiro 22 za kanyanga. Bafatiwe mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Rubaya mu Kagari ka Gishambashayo.

 

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gicumbi SP Minani Jean Bosco yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

 

Ati “Twari dufite amakuru twahawe n’abaturage ko bariya bantu batanu bajya mu gihugu cya Uganda bakavanayo kanyanga bakaza kuyikwirakwiza mu bandi bacuruzi.”

 

“Mu ijoro rya tariki ya 11 Gicurasi nibwo twitabye telefoni y’umwe mu banyerondo bari mu kazi k’irondo, yaduhamagaye atubwira ko babonye abantu bikoreye ibintu ku mutwe nijoro, babahagaritse banga guhagarara.”

- Advertisement -

 

SP Minani akomeza avuga ko abapolisi bamaze kumva ayo makuru bahise bakurikirana abo bantu, babafata mu rukerera saa kumi n’imwe bafite litiro 22 za kanyanga.

 

Yashimiye abaturage batanze amakuru, anabikangurira abandi.

 

Yagiriye inama abacyishora mu bikorwa byo gukwirakwiza ibiyobyabwenge no gukora ibindi byaha kubireka, kuko barimo kwikururira ibyago byo kujyanwa mu butabera bakaba bafungwa.

 

Yabibukije ko biriya bikorwa bashobora kubiburiramo ubuzima bitiranyijwe n’abagizi ba nabi, kuko babikora nijoro kandi bambukiranya imipaka mu buryo butemewe.

 

Aba bose uko ari batanu n’ibyo bari bafite bahise bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, rukorera muri sitasiyo ya Cyumba, kugira ngo hatangire iperereza.

 

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

 

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi ariko kitarenze imyaka icumi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 5 Frw ariko atageze kuri miliyoni 10 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

 

TAGGED:featuredkanyangaPolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indege Ya RwandAir Yahagaze I Lubumbashi Igitaraganya
Next Article Minisitiri W’Intebe Wa Côte d’Ivoire Arembeye Mu Bufaransa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?