Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Batanu Bafashwe Bavuye Kurangura Kanyanga Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu Batanu Bafashwe Bavuye Kurangura Kanyanga Muri Uganda

Last updated: 14 May 2021 12:02 am
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi yafashe abantu batanu bakekwaho kwinjiza mu Rwanda ikiyobyabwenge cya kanyanga, bakivanye muri Uganda.

 

Abo bantu bagize itsinda rizwi nk’abarembetsi bafatanywe litiro 22 za kanyanga. Bafatiwe mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Rubaya mu Kagari ka Gishambashayo.

 

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gicumbi SP Minani Jean Bosco yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

 

Ati “Twari dufite amakuru twahawe n’abaturage ko bariya bantu batanu bajya mu gihugu cya Uganda bakavanayo kanyanga bakaza kuyikwirakwiza mu bandi bacuruzi.”

 

“Mu ijoro rya tariki ya 11 Gicurasi nibwo twitabye telefoni y’umwe mu banyerondo bari mu kazi k’irondo, yaduhamagaye atubwira ko babonye abantu bikoreye ibintu ku mutwe nijoro, babahagaritse banga guhagarara.”

 

SP Minani akomeza avuga ko abapolisi bamaze kumva ayo makuru bahise bakurikirana abo bantu, babafata mu rukerera saa kumi n’imwe bafite litiro 22 za kanyanga.

 

Yashimiye abaturage batanze amakuru, anabikangurira abandi.

 

Yagiriye inama abacyishora mu bikorwa byo gukwirakwiza ibiyobyabwenge no gukora ibindi byaha kubireka, kuko barimo kwikururira ibyago byo kujyanwa mu butabera bakaba bafungwa.

 

Yabibukije ko biriya bikorwa bashobora kubiburiramo ubuzima bitiranyijwe n’abagizi ba nabi, kuko babikora nijoro kandi bambukiranya imipaka mu buryo butemewe.

 

Aba bose uko ari batanu n’ibyo bari bafite bahise bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, rukorera muri sitasiyo ya Cyumba, kugira ngo hatangire iperereza.

 

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

 

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi ariko kitarenze imyaka icumi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 5 Frw ariko atageze kuri miliyoni 10 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

 

TAGGED:featuredkanyangaPolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indege Ya RwandAir Yahagaze I Lubumbashi Igitaraganya
Next Article Minisitiri W’Intebe Wa Côte d’Ivoire Arembeye Mu Bufaransa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?