Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Hafi 1200 Bahamijwe Ibyaha Bimunga Ubukungu Mu Myaka Itanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu Hafi 1200 Bahamijwe Ibyaha Bimunga Ubukungu Mu Myaka Itanu

admin
Last updated: 19 July 2021 12:24 am
admin
Share
SHARE

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko bukomeje gukurikirana abakozi bigwizaho cyangwa banyereza umutungo, ku buryo mu myaka itanu ishize hari abantu hafi 1200 bahamijwe ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu, bishingiye ku mafaranga asaga miliyari 4.8 Frw.

Umugenzuzi Mukuru w’Ubushinjacyaha Bukuru, Ntete Jules Marius, yavuze ko buri mwaka usanga hari nk’amafaranga yakoreshejwe nabi cyangwa akanyerezwa mu bigo bya leta n’ibyigenga.

Yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko guhera mu 2015/16 kugeza mu 2019/20, Ubushinjacyaha bwakurikiranye amadosiye 5818 yarimo abantu 9004. Nyuma yo gusesengura, amadosiye 3252 yaregewe inkiko.

Yavuze ko uretse abagiye bakurikiranwa mu nkiko, hari n’abatangira gukurikiranwa bagahita bemera kugarura amafaranga batwaye bidasabye kujya mu manza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “Nko guhera mu 2014 – 2020 iyo ugiye kureba usanga abantu twajyanye mu nkiko ibyaha bikabahama ni abantu 1181 – ni ukuvuga ngo imanza zabaye ndakuka, zitakijuririrwa – bari mu madosiye 837.”

“Iyo ugiye kureba umubare w’amafaranga bahamijwe, usanga miliyari 4 na miliyoni zirenga 842 Frw inkiko zararangije kwemeza ko aya mafaranga yababuriho. Iyo ugiye kureba ihazabu baciwe ryiryongera ku bihano byo gufungwa, usanga baraciwe ihazabu rigera kuri miliyari 3 na miliyoni 23 Frw.”

Mu mwaka wa 2019/2020 abahamwe n’icyaha bari 182. Baregwaga miliyari 1.14 Frw, baza guhamwa na miliyari 1.10 Frw, bacibwa ihazabu ya miliyari 2.3 Frw.

Umuhesha w’Inkiko mu Rwego rw’Umuvunyi, Nzabamwita Anaclet, yavuze ko mu kwishyuza iyo hazabu ijya mu isanduku ya Leta hakirimo ibibazo.

Yatanze urugero nko ku muntu usanga akurikiranwaho kwigwizaho umutungo atabasha gusobanura inkomoko.

- Advertisement -

Ku ikubitiro imitungo yari yigwijeho itezwa cyamunara amafaranga akajya mu isanduku ya leta, imitungo ye bwite igakoreshwa mu kwishyura ya hazabu.

Ati “Hari igihe rero ugenda ugasanga imitungo afite cyangwa se imitungo asigaranye ni mike cyane ugereranyije n’ihazabu urukiko rwategetse. Urumva rero ko nka Leta iba igize ikibazo nk’icy’abaturage basanzwe, hari imanza iba yatsinze ariko hajya gushakishwa ubwishyu amafaranga ntaboneke.”

Nzabamwita yavuze ko ari ikibazo kigaragara no ku manza zikurikiranwa no ku Rwego rw’Umuvunyi nk’urwego rugenzura imitungo y’abayobozi.

Ati “Mu minsi ishize twari tugeze ku manza zirimo amafaranga arenze miliyari 1 Frw, rero izo manza nazo zikenera kurangizwa. Ikiba kinarimo gikomeye cyane, ya mitungo hari igihe baba bayishyize ku bandi bantu, hari ikintu gikunze kumvikana, abo bita abashumba, abantu bagiye bahishaho imitungo.”

Yavuze ko mu kurandura kiriya kibazo, ‘abashumba’ iyo bamenyekanye bakavuga ko imitungo atari iyabo bagatanga amakuru badakurikiranwa, ariko iyo bemeje ko ari iyabo barabiryozwa.

Ibyo bikiyongeraho ko umuntu ukurikiranyweho ibyaha bimunga ubukungu n’imari by’igihugu, imitungo ye ishobora gufatirwa mu gihe iperereza ririmo gukorwa, kugira ngo atayikuraho.

Umugenzuzi Mukuru w’Ubushinjacyaha Bukuru Ntete Jules Marius

 

TAGGED:featuredKunyereza UmutungoNtete Jules MariusUbushinjacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali Yabonetsemo Abantu 2200 Basanzwemo COVID-19 Mu Munsi Umwe
Next Article Nyagatare Haravugwa Mudugudu Ubuza Abaturage Kujya Kuvoma, Ngo Ni ‘Guma Mu Rugo’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?