Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Hafi 1200 Bahamijwe Ibyaha Bimunga Ubukungu Mu Myaka Itanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu Hafi 1200 Bahamijwe Ibyaha Bimunga Ubukungu Mu Myaka Itanu

admin
Last updated: 19 July 2021 12:24 am
admin
Share
SHARE

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko bukomeje gukurikirana abakozi bigwizaho cyangwa banyereza umutungo, ku buryo mu myaka itanu ishize hari abantu hafi 1200 bahamijwe ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu, bishingiye ku mafaranga asaga miliyari 4.8 Frw.

Umugenzuzi Mukuru w’Ubushinjacyaha Bukuru, Ntete Jules Marius, yavuze ko buri mwaka usanga hari nk’amafaranga yakoreshejwe nabi cyangwa akanyerezwa mu bigo bya leta n’ibyigenga.

Yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko guhera mu 2015/16 kugeza mu 2019/20, Ubushinjacyaha bwakurikiranye amadosiye 5818 yarimo abantu 9004. Nyuma yo gusesengura, amadosiye 3252 yaregewe inkiko.

Yavuze ko uretse abagiye bakurikiranwa mu nkiko, hari n’abatangira gukurikiranwa bagahita bemera kugarura amafaranga batwaye bidasabye kujya mu manza.

Ati “Nko guhera mu 2014 – 2020 iyo ugiye kureba usanga abantu twajyanye mu nkiko ibyaha bikabahama ni abantu 1181 – ni ukuvuga ngo imanza zabaye ndakuka, zitakijuririrwa – bari mu madosiye 837.”

“Iyo ugiye kureba umubare w’amafaranga bahamijwe, usanga miliyari 4 na miliyoni zirenga 842 Frw inkiko zararangije kwemeza ko aya mafaranga yababuriho. Iyo ugiye kureba ihazabu baciwe ryiryongera ku bihano byo gufungwa, usanga baraciwe ihazabu rigera kuri miliyari 3 na miliyoni 23 Frw.”

Mu mwaka wa 2019/2020 abahamwe n’icyaha bari 182. Baregwaga miliyari 1.14 Frw, baza guhamwa na miliyari 1.10 Frw, bacibwa ihazabu ya miliyari 2.3 Frw.

Umuhesha w’Inkiko mu Rwego rw’Umuvunyi, Nzabamwita Anaclet, yavuze ko mu kwishyuza iyo hazabu ijya mu isanduku ya Leta hakirimo ibibazo.

Yatanze urugero nko ku muntu usanga akurikiranwaho kwigwizaho umutungo atabasha gusobanura inkomoko.

Ku ikubitiro imitungo yari yigwijeho itezwa cyamunara amafaranga akajya mu isanduku ya leta, imitungo ye bwite igakoreshwa mu kwishyura ya hazabu.

Ati “Hari igihe rero ugenda ugasanga imitungo afite cyangwa se imitungo asigaranye ni mike cyane ugereranyije n’ihazabu urukiko rwategetse. Urumva rero ko nka Leta iba igize ikibazo nk’icy’abaturage basanzwe, hari imanza iba yatsinze ariko hajya gushakishwa ubwishyu amafaranga ntaboneke.”

Nzabamwita yavuze ko ari ikibazo kigaragara no ku manza zikurikiranwa no ku Rwego rw’Umuvunyi nk’urwego rugenzura imitungo y’abayobozi.

Ati “Mu minsi ishize twari tugeze ku manza zirimo amafaranga arenze miliyari 1 Frw, rero izo manza nazo zikenera kurangizwa. Ikiba kinarimo gikomeye cyane, ya mitungo hari igihe baba bayishyize ku bandi bantu, hari ikintu gikunze kumvikana, abo bita abashumba, abantu bagiye bahishaho imitungo.”

Yavuze ko mu kurandura kiriya kibazo, ‘abashumba’ iyo bamenyekanye bakavuga ko imitungo atari iyabo bagatanga amakuru badakurikiranwa, ariko iyo bemeje ko ari iyabo barabiryozwa.

Ibyo bikiyongeraho ko umuntu ukurikiranyweho ibyaha bimunga ubukungu n’imari by’igihugu, imitungo ye ishobora gufatirwa mu gihe iperereza ririmo gukorwa, kugira ngo atayikuraho.

Umugenzuzi Mukuru w’Ubushinjacyaha Bukuru Ntete Jules Marius

 

TAGGED:featuredKunyereza UmutungoNtete Jules MariusUbushinjacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali Yabonetsemo Abantu 2200 Basanzwemo COVID-19 Mu Munsi Umwe
Next Article Nyagatare Haravugwa Mudugudu Ubuza Abaturage Kujya Kuvoma, Ngo Ni ‘Guma Mu Rugo’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?