Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Umunani Baguye Mu Gitaramo Cy’Umuraperi Travis Scott
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Abantu Umunani Baguye Mu Gitaramo Cy’Umuraperi Travis Scott

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 November 2021 11:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijoro ryacyeye umuraperi witwa Travis Scott yakoresheje igitaramo gikomeye k’uburyo hari abantu bamwe bagisizemo ubuzima. Hamaze kubarurwa abantu umunani.

Hari inkuru yatangajwe na Sky News ivuga ko muri kiriya gitaramo havutse n’inkongi y’umuriro.

Iki gitaramo cyabereye ahitwa Astroworld Festival mu Mujyi wa Houston muri Leta ya Texas, USA.

Ikindi kivugwa ko cyateye urupfu rwa bariya bantu ni umuvundo w’abashakaga kumwegera aho yari ari ku rubyiniro.

Iki gitaramo cyari kitabiriwe n’abantu babarirwa mu bihumbi 50

Umuyobozi w’Urwego rushinzwe kuzimya inkongi muri uriya mujyi witwa Samuel Pena yavuze ko Leta yategetse ko iriya concert ihagarikwa mu rwego rwo kwanga ko hagira abantu bakomeza kuyigwamo.

Pena ati: “ Abafana batangiye kubyigana begera urubyiniro bituma bakandagirana bamwe bavunika imbavu bibaviramo urupfu.”

Avuga ko hari n’abahanutse bikubita hasi ubwo bashaka kurira urubyiniro.

Bamwe mu baguye hasi bakubye ijosi, abatapfuye ubu bari kwa muganga.

Abatabazi baje bakura abantu 17 bari bari muri coma babajyana mu bitaro biri hafi aho.

Gusa kugeza ubu hari abandi 11 bagize ikibazo cy’umutima k’uburyo ubuzima bwabo buri ‘hagati y’urupfu n’umupfumu.’

Kubera ubukana bw’iriya rwaserera, byabaye ngombwa ko hariya hantu  hashingwa ibitaro byimukanwa kugira ngo bigire abo bitabara bitabaye ngombwa ko bajyanwa kure.

Bamwe bashoboraga kugwa mu nzira.

Igitaramo cye cyari kitabiriwe n’abafana barenga 50 000 kandi hari ku munsi wacyo wa mbere.

Byatumye umunsi wacyo wa kabiri uhagarikwa.

Ni Scott ni umukunzi wa Kylie Jenner.

Kylie Jenner  ni umunyamideli akaba n’umuvandimwe wa Kim Kardashian, uyu akaba ari icyamamare kiri mu bikomeye ku isi mu bagore.

Muri iki gihe bivugwa ko Travis Scott yitegura kwakira uruhinja umukunzi we ari hafi kwibaruka.

TAGGED:AmerikafeaturedKardashianTexasUmuraperi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mafoto: Uko Amatora Ku Rwego Rw’Umurenge Yagenze
Next Article Ikamyo Ipakiye Lisanse Yaturitse Yica Abantu 91
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?